AMAFOTO 300 yaranze umukino Musanze FC yatsinzemo Rwamagana FC

Kuri iki cyumweru tariki 4 Ukuboza 2022, ikipe ya Musanze FC yatsinze Rwamagana City FC ibitego 3-1 bituma irara ku mwanya wa 5 ku rutonde rw’agateganyo.

Wari umukino w’umunsi wa 12 wa shampiyona aho ikipe ya Musanze FC yari yakiriye Rwamagana City FC, kuri Stade Ubworoherane yari iherutse kugarikiraho ikipe ya Rayon Sport iyihatsindira ibitego 2-0.

Musanze FC itari ifite abatoza bayo bakuru; Frank Ouna ukirwaye ndetse na Nshimiyimana Maurice utagaragaye muri uyu mukino kubera ikibazo cy’amasomo, yatozwaga na Nyandwi Idrissa afatanyije na Imurora Japhet.

Umukino watangiye ikipe ya Musanze FC yari mu rugo ikinana ishyaka ndetse byayiviriyemo no kubona igitego cya mbere mu mukino ku munota wa 12 w’umukino gitsinzwe na Namanda Wafula kuri pase nziza yari ahawe na Peter Agblevor cyabaye igitego cya 5 uyu Munya-Kenya atsinze muri Shampiyona y’uyu mwaka.

Ku munota wa 20 , Musanze FC yatsinze igitego cya 2 cyatsinzwe na Ben Ocen kuri pase nziza yari iturutse k’uruhande rw’iburyo.

Rwamagana yaje kubona igitego cyayo muri uyu mukino ku munota wa 36 cyinjijwe na Muhindo Benson, gusa ntibyatinze kuko ku munota wa 41 w’umukino Kanza Eric yaje kubonera Musanze FC igitego cya gatatu ndetse igice cya mbere cy’umukino kirangira ari ibitego 3 bya Musanze FC kuri 1 cya Rwamagana City.

Mu gice cya kabiri cy’umukino, amakipe yagerageje gukora impinduka mu kibuga ariko umukino urangira bikiri ibitego 3 bya Musanze FC kuri 1 cya Rwamagana City FC.

Umunsi wa 12 wa shampiyona usize ikipe ya Musanze FC iri ku mwanya wa 5 n’amanota 20.

Dushimumugenzi Jean yabanje gusuhuza abakinnyi bahoze bakinana muri Musanze FC

Rukundo, Kit Manager wa Musanze FC

Twagirimana Pacifique na we wahoze ari umunyezamu wa Musanze FC yabanje gusuhuza bagenzi be

Uhereye i bumoso hari Japhet Imurora, Nyandwi Idrissa na Gilbert Harerimana basigariyeho abatoza bakuru bombi

Uhereye i bumoso hari Ruremesha Emmanuel, umutoza mukuru wa Rwamagana FC , akurikiwe na Lomami Marcel, umwungirije...i buryo ni umutoza w’abanyezamu

Ruzindana Nsoro niwe wayoboye uyu mukino

11 Rwamagana FC yabanje mu kibuga

11 Musanze FC yabanje mu kibuga

Peter Agblevor yishyushya

Imurora aganira na Evra Gad, kapiteni wa Musanze FC

Mbere y’uko umukino utangira, habanje kwibukwa Muramira Gregoire wabaye Umuyobozi wa Isonga Football Academy na Isonga FC witabye Imana azize uburwayi bw’umwijima

Nyandwi Idrissa mu kazi

Nduwayo Valeur ukinira Musanze FC mu kibuga hagati yugarira

Namanda Wafula umaze gutsindira Musanze FC ibitego 5 muri iyi season

Harerimana Obed watanze umupira wavuyemo igitego

Namanda Wafula niwe wafunguye amazamu ku mupira yahawe neza na Peter Agblevor

Lomami Marcel mu kazi

Ruhumuriza Justin niwe wari umusifuzi wo ku ruhande wa mbere ndetse yitwaye neza cyane

Ben Ocen niwe watsinze igitego cya kabiri cya Musanze FC

Mu gihe ukomeje kuryoherwa n’amafoto yaranze uyu mukino, reka tunakurangire iduka riherereye mu Mujyi wa Musanze uzajya ugana bakakurimbisha mu myambaro n’inkweto biteye amabengeza ku giciro gito. Aho ni muri Gogo Fashion Boutique, iduka ricuruza imyenda itandukanye Ukeneye kugurira muri Gogo Fashion Boutique cyangwa ibindi bisobanuro ku buryo ushobora kubonamo imyambaro ivuye muri iri duka, wahamagara 0785678821.

KANDA HANO WIHERE IJISHO IBYO MURI GOGO FASHION BOUTIQUE BAGUFITIYE

Murangamirwa Serge yahuraga na Musanze FC yahozemo

Habineza Samuel niwe wari mu izamu rya Rwamagana

Nsengiyumva Isaac yavunitse mu gice cya mbere

Bishimira igitego cya gatatu cya Eric Kanza

Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka, Lieutenant General Mubarakh Muganga yarebye uyu mukino

Hagati hari Mayor w’Akarere ka Rwamagana, Rajab Mbonyumuvunyi

Hagati hari Visi Perezida wa mbere wa Musanze FC

Barakagwira Chantal, umunyamabanga wa Musanze FC

Majyambere Allype wakiniye amakipe atandukanye mu Rwanda

Muhire Anicet ’Gasongo’ umaze iminsi yaravunitse yari yaje gushyigikira bagenzi be

Umutoza w’abanyezamu ba Rwamagana FC yahawe ikarita itukura nyuma yo kubwira umusifuzi wa 4 amagambo atari meza

Rurihoshi Hertier niwe wasimbuye Isaac Nsengiyumva mu bwugarizi

Uwimbabazi Jean Paul yari mu bashakira Rwamagana ibitego

Uwumukiza Obed, myugariro wa Rwamagana

Ntaribi Steven, umunyezamu wa mbere wa Musanze FC

Karanzi Joseph wa Rwamagana mu kazi

Mbanza Joshua winjiye mu kibuga asimbuye

Ibyapa bya CETRAF Ltd yenga Musanze Wine , umuterankunga wa Musanze FC

Abafana ba Rwamagana bari bayiherekeje

Ikipe itsinda yizihira bose kugeza no kubasheshe akanguhe

Ntijyinama Patrick bita Mbogamizi ukinira Musanze FC mu kibuga hagati

Jotham (wambaye lunettes), ni umwe mu batajya babura ku mikino ya Musanze FC yaba iyabereye ku Bworoherane cyangwa ikipe yasohotse

Abashinzwe ’Protocole’ ya Musanze FC baba bacyereye guha ikaze abakunzi b’umupira

Rukaku winjiye mu kibuga asimbuye

Mazimpaka Andre yari mu basimbura kuri uyu mukino

Nshimiyimana Clement winjiye asimbuye

Dufitumufasha Pierre na we yinjiye asimbuye

PHOTO:RENZAHO CHRISTOPHE

IZINDI NKURU
Ibitekerezo(0)
Tanga Igitekerezo