Ghana: Minisitiri w’ingabo n’uw’ibidukikije baguye mu mpanuka ya kajugujugu

Minisitiri w’ingabo na Minisitiri w’ibidukikije wa Ghana bapfiriye mu mpanuka y’indege ya kajugujugu ya gisirikare yaguye hagati mu gihugu mu gace ka Ashanti, abandi bantu batandatu bari kumwe na bo bapfuye, nk’uko umuvugizi wa leta abitangaza.

Minisitiri w’ingabo Edward Omane Boamah na mugenzi we w’ibidukikije, siyanse, n’ikoranabuhanga Ibrahim Murtala Muhammed w’imyaka 50 baguye muri iyi mpanuka umugaba w’ingabo Julius Debrah yise "icyago ku gihugu".

Ku wa gatatu, igisirikare cya Ghana cyavuze ko kajugujugu Z9 y’ingabo, yarimo abakozi bayo batatu n’abagenzi, "yaburiwe irengero kuri za radar".

Iyi kajugujugu yari yahagurutse i Accra muri Ghana saa 9:12 ku isaha yaho (saa 11:12 i Kigali na Gitega) yerekeje mu mujyi wa Obuasi ijyanye abo bategetsi mu gikorwa cyo kurwanya ubucukuzi butemwe bw’amabuye y’agaciro.

Amashusho bivugwa ko ari ay’ibisigazwa by’iyi kajugujugu nyuma yaje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga.

Kugeza ubu icyateye iyi mpanuka ntabwo kiramenyekana.

Umugaba w’ingabo muri Ghana, ari na we wabwiye igihugu iby’iyi mpanuka, yategetse ko amabendera yururutswa kugeza muri kimwe cya kabiri.

Perezida John Dramani Mahama yasohoye ubutumwa buvuga ko mu izina rya leta yihanganishije "abakozi bapfiriye mu murimo wabo ku gihugu".

Umukuru wungirije w’inama ishinzwe umutekano ya Ghana wahoze kandi ari Minisitiri w’ubuhinzi Alhaji Muniru Mohammed na we ari mu baguye muri iyi kajugujugu.

Minisitiri w’uburezi Haruna Iddrisu yasubiwemo n’ibiro ntaramakuru AFP avuga ko Perezida Mahama "yacitse intege mu marangamutima" kubera iyi mpanuka.

Edward Omane, muri leta iheruka ya Mahama yabaye minisitiri w’itumanaho kandi mbere yaho yabaye minisitiri w’ibidukikije.

Amaze kugirwa Minisitiri w’ingabo, Omane yahanganye n’ibikorwa by’abarwanyi bazwi nk’aba ’jihadhist’ bari bigabije agace k’amajyaruguru ku mupaka na Burkina Faso.

Mu 2022, ikigo kitegamiye kuri leta cyo mu Bufaransa, Promediation, cyavuze ko ubushakashatsi bwacyo bwerekana ko amatsinda y’aba ’jihadists’ yinjije muri yo urubyiruko rwo muri Ghana hagati ya 200 na 300.

Urugomo n’imirwano muri ako gace na byo byariyongere, mu gihe hari impungenge ko abo barwanyi bashakaga gufatira ku bushyamirane n’imirwano hagati y’amoko yari asanzwe mu majyaruguru ya Ghana.

Mu mpera z’uyu mwaka, Minisitiri Edward Omane yateguraga gusohora igitabo yise ’A Peaceful Man In An African Democracy’ kivuga ku wahoze ari Perezida John Atta Mills.

Naho Minisitiri Ibrahim Murtala yari imbere ku rugamba rwo kurwanya ubucurukuzi bwa zahabu butemewe n’amategeko bwangiza ibidukikije kandi bukanduza inzuzi n’ibiyaga.

BBC

IZINDI NKURU
Ibitekerezo(0)
Tanga Igitekerezo