Abanya-Iran bizihije umwaka mushya nubwo indege za Israel zibari hejuru

Kuva mu myaka ya 1980, uyu mwaka mushya w’Abaperse ni wo wa mbere bizihije bari mu bihe by’intambara aho ibitero bya Israel na Amerika bikomeje kuri iki gihugu.

"Twabaga duhuze twitegura…dusukura inzu, tugura imyenda mishya, ibiribwa n’ibindi. Ariko uyu mwaka? Buri munsi uba muremure cyane. Meze nk’utazi n’igihe turimo"

Ni ko ’Mina’ uri mu kigero cy’imyaka 50 utuye mu majyaruguru ya Tehran yabwiye BBC. Amazina y’abo twavuganye kuri iyi nkuru yahinduwe ku bw’umutekano wabo.

Amir yagize ati: "Abantu barimo kubura akazi kabo kubera intambara. Mfitiye ubwoba bwinshi ibikorwa-remezo by’igihugu cyacu".

Yongeraho ati: "Bikomeje gutya, hashobora kutagira igisigara kuri Iran. Sinifuza ko iyi iba Nowruz yacu ya nyuma".

Nowruz, ni ko bita umwaka mushya ku ngengabihe y’aba-Perse biganje muri Iran aho uyu munsi binjiye mu mwaka wa 1405.

Ku banya-Iran, Nowruz isobanuye amateka yabo, umuco wabo kandi bamaze imyaka ibihumbi bizihiza uwo munsi.

Ubusanzwe, amasoko, amaduka n’imihanda minini iba ihuze cyane mu gihe nk’iki hose muri Iran abantu barimo bitegura cyangwa bizihiza ibirori by’uyu munsi.

Ariko uyu mwaka ntusanzwe, gusa ntibyabujije bamwe kurenga ku kaga kariho bakagerageza kwitegura ibirori.

Parmis yari kumwe n’abandi mu nzu bagerageza kwishima bifurizanya umwaka mushya mwiza.

Yabwiye BBC ati: "Ndibaza ko hari abagerageje gukomeza ubuzima, nkanjye. Nari ndi mu ruganiriro ubwo twumvaga guturika gukomeye, ariko nta n’umwe wanyeganyeze".

Abantu barenga ibihumbi 3,000 bamaze gupfa muri Iran kubera ibitero by’indege za Israel na Amerika, kandi imiryango myinshi iri mu gahinda ko kubura abayo.

Ariko bamwe bagerageje kwitegura no kwishimira uyu munsi w’umwaka mushya uhurirana na tariki 20 Werurwe buri mwaka.

Shirin, uri mu kigero cy’imyaka 20 w’i Tehran, avuga ko kuba Nowruz yahuriranye n’intambara bituma "numva merewe nabi kurushaho".

Ati: "Amaduka amwe arakinguye, ariko nta muhumuro wa Nowruz uri mu kirere".

BBC

IZINDI NKURU
Ibitekerezo(0)
Tanga Igitekerezo