Itabi rya Shisha ryaciwe mu Rwanda

Ishingiyeku bivugwa n’Ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima ku ngaruka mbi ku buzima ry’itabi rya Shisha, Minisiteri y’ubuzima yatangaje ko iri tabi rihagaritswe mu Rwanda.

Minisiteri y’Ubuzima, yatangaje ko guhera kuri uyu wa Gatanu tariki ya 15 Ukuboza 2017, itabi rya Shisha ritemewe mu Rwanda nyuma y’aho bigaragariye ko rigira ingaruka ku buzima bw’umuntu harimo kuba ritera kanseri y’ibihaha, indwara z’umutima n’izindi.

Minisiteri y’ubuzima mu itangazo ryasinyweho na Minisitiri Dr Diane Gashumba ivuga ko iri tabi batumagura bica mu mupira rifite ubumara bwinshi butera kanseri y’ibihaha bikanatera indwara z’umutima.

Minisiteri y’ubuzima yategetse ko guhera kuri uyu wa 15 Ukuboza gukoresha, kwinjiza mu gihugu cyangwa kwamamaza iri tabi rya Shisha bibujijwe mu Rwanda.

Uzananirwa kubahiriza iri bwirizwa rya Minisiteri y’ubuzima ngo azabihanirwa n’amategeko ateganywa.

Minisiteri y’ubuzima yatangaje ko iki cyemezo gifashwe mu rwego rwo kurinda abanyarwanda ziriya ndwara zikomoka kuri Shisha.

IZINDI NKURU
Ibitekerezo(0)
Tanga Igitekerezo