Imwe yakuramo inda y’umugore utwite- menya indwara zanduzwa n’inyamaswa zo mu ngo n’ibyo wakora ngo uzirinde

Ni ikintu kitagibwaho impaka ko inyamaswa dukunda korora mu ngo zabaye igice kimwe kandi cy’ingenzi mu miryango myinshi yacu kandi zihagira umwanya ukomeye ndetse zikanakundwa zikagira ibyo zigenerwa na ba nyirazo rimwe na rimwe badashobora guha ibiremwa muntu bagenzi babo.

Kubana n’inyamaswa urugero inka, imbwa, injangwe, inkwavu, ihene, cyangwa indi nyamaswa iyo ari yo yose bigira inyungu zikomeye kandi zifasha cyane mwene muntu mu mibereho ye ndetse si urundi rukundo rusa, uyu azorora kenshi kubera inyungu haba iy’ibyishimo [bihenda] cyangwa iy’ubukungu.

Ariko rero korora izi nyamaswa ni ngombwa ko byitonderwa kugira ngo uko ziba hafi cyane y’umuntu bitamugiraho ingaruka cyane cyane ku magara ye.

Impamvu ni uko izi nyamaswa zishobora kwanduza umuntu indwara nyinshi ndetse zimwe muri zo ni mbi cyane ndetse zatera ibibazo bikomeye, izo na zo ni nk’ibisazi by’imbwa na taxoplasmosis.

Hari indwara zirenga 200 zivugwa hano. Ariko indwara 6 mu 10 zandura zigira ingaruka ku bantu ziterwa n’inyamaswa, hakabamo iziterwa n’inyamaswa dutunga mu ngo nk’uko Ikigo Nyamerika cyo Kwirinda no Gukumira Indwara (CDC) kibivuga.

Icyakora iyi ntiyaba impamvu yo kureka igitekerezo wari ufite cyo korora inyamaswa runaka mu rugo cyangwa kureka korora iyo wari woroye mu gihe izi zamaze kuba kimwe mu bice bigize umuryango wawe.

Hari inama 5 zikugirwa igihe ufite inyamaswa woroye mu rugo iwawe kuko zimwe muri zo nk’iva ku njangwe ishobora no gukuramo inda y’umugore utwite. Izo nama urazisanga muri iyi nkuru.

1. Hura bihoraho n’umuganga w’indwara z’amatungo

Nubwo itungo ryawe ushobora kuba urifungirana, ni byiza, ariko ni ngombwa ko iri tungo urikorera isuzuma cyangwa ikizamini cy’amagara nibura rimwe mu mwaka.

Igihe uganira n’umuganga unakugira inama z’uko wafata neza itungo ryawe. Hari ibipimo runaka ashobora gufata ndetse akanakubaza nimwe mu bibazo byerekeye amagara y’itungo ryawe.

Uyu kandi uba umwanya mwiza wo gukora ibintu bibiri ubundi by’ibanze ku magara y’itungo ryawe. Icya mbere ni icyerekeye inkingo kuko hari doze y’urukingo amatungo aba agomba buri mwaka.

2. Kora isuku uyiteho cyane

Uvuze ku isuku, ikindi kintu cy’ingenzi ni ugusukura ukanita ku bikoresho ushyiramo ibyo kurya n’amazi y’aya matungo bibikwa, hamwe n’aho izi nyamaswa zikorera isuku isoza urungano rw’igogora.

Uretse inyo, ahantu nk’aha zihamvura, hashobora kuba indiri y’udukoko twa bagiteri.
Ikindi kibazo kirenzeho, cyane cyane tuvuga ku njangwe, ni ikintu cyitwa Toxoplasma, itera uburwayi buzwi nka toxoplasmosis.

Ubundi, toxoplasmosis ishobora kugira ingaruka ndetse igateza ibibazo bikomeye cyane. Ishyira mu byago bikomeye abagore, kuko ishobora kuba yatera n’inda batwite kuvamo. Uretse ibi kandi, iyi ndwara itera umwana kudindira mu bwonko, ubuhumyi ndetse n’ubumuga bwo kutumva.

Kugira ngo ibi ubyirinde, inama inzobere zitanga ni ukugenzura ‘amazirantoki’ y’injangwe ukeka ko yaba arimo Toxoplasma ku njangwe.

Amagerageza agaragaza iyi mimerere ku bibwana by’imbwa usanga bifite bagiteri nyinshi kurushaho.

Mu gihe usanze hari iki kibazo ku njangwe, imiti yayo ni ukuyikura ku mubiri w’injangwe ifite ivugwa.

3. Ita cyane aho ziba

Ahantu ibintu by’itungo woroye ubibika na ho ni ikindi gice ukwiye kwitaho ukakizirikana cyane kugira ngo wirinde za bagiteri n’utundi dukoko dutera ubwandu bw’indwara.

I Burayi, bagira isanduku y’imyanda (ikimoteri, poubelle) y’injangwe cyangwa igitanda cy’umusarani w’imbwa, ni urugero, ariko ku Banyafurika benshi hari abubakira imbwa zabo ibibuti ariko hari n’abazireka cyane cyane abo mu byaro. Rero icyiza ni ugukora ku buryo ibikoresho aya matungo akoresha bijya kure y’igikoni.

Inyamaswa zituma uko ziboneye n’aho zibonye zishobora kwigishwa kandi zirabitora zikabimenyera. Ni ngombwa gukura vuba na bwangu umwanda bene aya matungo ataye mu rugo kandi niba utuzu zibamo tugakorerwa isuku kuko dushobora ubwatwo kuba indiri y’udukoko dutera indwara.

4. Mwitondere ikirere cyo hanze

Na none, urasabwa kwitondera hanze y’inzu. Silva, umujyanama wa zoonoses kuri Minisiteri y’Ubuzima, yerekana ko bene aha hantu kenshi haba ihuriro ry’inyamaswa zororwa n’izo mu mashyamba.

Hari ibyago bikomeye bishobora guterwa n’uducurama tuza mu mujyi cyangwa “gukora ku nkari z’imbeba”, ni ko dogiteri na porofeseri mu Ishuri ry’Ubuvuzi rya Kaminuza Nkuru y’Ubupapa Gatolika ya São Paulo (PUC-SP) abivuga.

Inkari z’imbeba zishobora kuba zirimo bagiteri ya Leptospira itera indwara ya leptospirosis.

5. Gukona itungo ryawe

Ibi ni ibintu byoroshye kutabyara, biratekanye kandi bikurinda kugira abana b’amatungo adakenewe. Bitera siteresi kubona ibibwana nka bitanu nyina itakibasha kubyonsa ngo ibihaze usabwa kubigaburira na bwo ntibihage.

Ariko Silva avuga ku zindi nyungu zo kutabyara kuko hari inyamaswa nk’izo mu bwoko bw’injangwe zigira ububabare bukabije mu bihe byo kubwagura.

Igihe injangwe zimyana habaho kurumana bishobora kuvamo gukomeretsanya no guterana ibisebe. Ibi bikomere na byo bishobora gutera ubwandu bwa virusi, bagiteri, fungusi, n’ubundi burwayi.

Ku njangwe yakonwe, ntishobora kujya mu byo gukora imibonano mpuzabitsina kuko nta bushake bwayo iba ikigira kandi ntiba iteze no kubwagura, ibi bikaba birinda ubushobozi bwo kwanduzanya uburwayi.

IZINDI NKURU
Ibitekerezo(0)
Tanga Igitekerezo