Umugore w’imyaka 35 ni we watawe muri yombi akekwaho gushaka kwica, nyuma y’uko inzu y’icyamamare Rihanna irashweho amasasu, nk’uko polisi ya Los Angeles ibitangaza.
Ivanna Lisette Ortiz arafunzwe, kandi ubucamanza bwashyizeho ingwate ya miliyoni 10 z’amadolari yatanga kugira ngo arekurwe by’agateganyo.
Abapolisi batabaye aho amasasu yavugiye mu gace ka Beverly Hills ku cyumweru, hari ku rugo rw’umuhanzi Rihanna.
Ikinyamakuru Los Angeles Times kivuga ko Lisette uregwa yari afite imbunda ya AR-15, kandi ashinjwa kurasa ari mu modoka yerekeza ku nzu y’uwo umuririmbyi.

Icyabimuteye ntabwo kiramenyekana kugeza ubu.
Rihanna yari iwe igihe ibi byabaga, nk’uko umuntu ukora mu nzego z’umutekano yabwiye ikinyamakuru, gusa nta muntu n’umwe wakomeretse. Kandi Rihanna ntacyo aravuga ku byabaye.
Imodoka ya Tesla y’umweru y’uyu mugore ushinjwa yafatiwe mu birometero 12 uvuye kunzu ya Rihana.
Lisette Ortiz akomoka i Orlando muri leta ya Florida, nk’uko ikinyamakuru Fox News kibitangaza.
Uyu mugore ukekwa mbere yari yarashyizwe mu ivuriro ry’indwara zo mu mutwe ku gahato muri Florida mu buryo bwemewe n’amategeko ya leta, nyuma yamburwa uburenganzira bwo kwita ku mwana we w’imyaka 10, nk’uko TMZ ibitangaza.
BBC











/B_ART_COM>