RMB yatsinze RHA igera muri 1/2 cy’irushanwa ry’abakozi (AMAFOTO)

Ikipe y’ikigo cy’Igihugu gishinzwe Mine,Peteroli na Gaze mu Rwanda ( Rwanda Mines, Petroleum and Gas Board) yatsinze ikigo cy’igihugu gishinzwe Imiturire, RHA 4-2 mu mukino wa 1/4 mu guhatanira igikombe cy’umunsi w’umurimo mu marushanwa y’abakozi ategurwa na ARPST ihita yerekeza muri 1/2.

Ni umukino wabereye muri SFB guhera saa cyenda z’amanywa.

Ikipe zombi zahuriye kuri uyu mukino nyuma yo kwitwara neza mu matsinda zarimo aho RMB yazamutse iyoboye itsinda C yari ihuriyemo na MINECOFIN, BRD, BDF na MINICOM, mu gihe RHA yo yazamutse nk’ikipe yatsinzwe yaritwaye neza (best looser) mu itsinda B yari ihuriyemo na MINAGRI, MINEDUC, MINAFETE na MYCULTURE.

RHA niyo yafunguye amazamu ku gitego cyatsinze kuri Penaliti. Dirimas niwe wishyuriye RMB. Ndabikunze Alain Steve yatsinzemo ibitego 2 naho ikindi gitsindwa na Rémy.

Gutsinda uyu mukino byatumye RMB ikatishz itike ya 1/2.

Umukino wa nyuma uteganyijwe tariki 28 Mata 2023.

11 RMB yabanje mu kibuga

11 RHA yabanje mu kibuga

img114349|center>
Ndabikunze Alain Steve watsinze ibitego 2 bya RMB

Dirimas watsindiye RMB igitego cya mbere

Shyerezo wa RMB yari acungiwe hafi n’abakinnyi 2

Pacifique, umuganga wa RMB

Abakozi bo muri RMB bakunda kuza gushyigikira bagenzi babo kuri buri mukino

Nyagatare Jean Bosco , umuyobozi muri RMB , umwe mu batajya babura ku mikino y’ikipe yabo

RHA niyo yafunguye amazamu kuri Penaliti

Mfurayatwembi Gentil , rutahizamu uca i buryo wa RMB

Bebeto utoza RMB asobanurira abakinnyi be amayeri bakoresha mu gice cya kabiri

Nizeyimana Kabano Franco, umutoza wungirije wa RMB

Umutoza wa RHA

Dushimimana Jean Blaise , kapiteni wa RMB akaba anakina hagati mu kibuga hagati

Uko Kwizera Remy yinjije igitego cya 3 cya RMB

Abakozi ba RMB n’ikipe yabo bashoje bishimira ko begukanye itsinzi y’ibitego 4

PHOTO:RENZAHO CHRISTOPHE

IZINDI NKURU
Ibitekerezo(0)
Tanga Igitekerezo