Kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Gashyantare 2026, Ikipe ya Rayon Sports yatsinze City Boys 2-0 mu mukino ubanza wa 1/8 w’igikombe cy’Amahoro.
Ni umukino wabereye kuri Kigali Pele Stadium guhera saa cyenda.
Ikipe ya Rayon Sports yakoze impinduka nyinshi mu bakinnyi basanzwe babanzamo.
Abakinnyi basatira izamu ba Rayon Sports bagerageje uburyo bwinshi ariko umunyezamu Kelly Niyonkuru wa City Boys akomeza kwitara neza.
Ku munota wa 32, Fall Ngagne yatsinze igitego cya mbere ku mupira yatsindishije umutwe . Ku munota wa 62, Fall Ngagne yatsinze igitego cya kabiri ahawe umupira na Ndayishimiye Richard.
Nyuma yo kubona igitego cya kabiri, Rayon Sports yahise ikora impinduka mu kibuga havamo Nshimiyimana Emmanuel ‘Kabange’, Fall Ngagne na Joachim Vinginou hajyamo Uwumukiza Obedi, Habimana Yves na Mugisha Didier.
Rayon Sporte yashoboraga kubona n’ibindi bitego ariko umukino urangira itsinze City Boys ibitego 2-0.
Mu yindi mikino ibanza yakinwe, Marine FC yanganyije na AS Kigali ibitego 2-2, Musanze FC inganya na Gasogi United igitego 1-1 naho Muhazi United inganya na Gorilla FC 0-0. Ni mu gihe kandi Mukura VS yatsindiye Etincelles FC i Rubavu ibitego 2-1.























































































































/B_ART_COM>