Rayon Sports yakoze imyitozo yo kunanura imitsi muri ’Piscine’ (AMAFOTO)

Ikipe ya Rayon Sports yakoreye muri Piscine imyitozo yo kunanura imitsi mbere yo gutangira imyitozo yo mu kibuga bitegura umukino wa Mukura VS w’umunsi wa 14 wa Shampiyona.

Ni imyitozo bakoreye muri Piscine ya La Palisse Hotel i Nyandungu ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Ukuboza 2019.

Hari akamaro ’Piscine’ igirira umukinnyi

Kirasa Alain, umutoza wungirije wa Rayon Sports, yatangarije Rwandamagazine.com ko kogera muri ’Piscine’ bifasha cyane abakinnyi mu kunanura imitsi no kuruhuka mu mutwe.

Ati " Iriya seance yari iya recovery. Piscine irafasha mu kunanura imitsi ndetse ikanafasha umukinnyi kuruhuka mu mutwe kuko bari bamaze igihe bakina imikino myinshi kandi bakoresha imbaraga nyinshi n’umutima wabo wose. Ni uburyo bwo kubafasha kuruhuka mu mutwe mbere y’uko ejo bagaruka mu mwuka wo gutekereza ku mukino ukurikiyeho ndetse no gukora cyane kuko dufite imikino 2 iri imbere ikomeye."

Yunzemo ati " Kuko twagize amahirwe yo kuba dufite iminsi itanu yo kwitoza mbere yo gukina umukino utaha, byari ngombwa ko dukorera muri Piscine ngo tugumane umwuka mwiza mu ikipe kandi byagenze neza. Ibisigaye ni mu kibuga."

Ku munsi wa 13 wa Shampiyona, Rayon Sports yari yatsinze Heroes FC 4-1 mu mukino wabereye mu Bugesera.

Ku cyumweru tariki 15 Ukuboza 2019, Rayon Sports izahura na Mukura VS mu mukino w’umunsi wa 14 wa Shampiyona izakirira kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo naho tariki 21 yakirwe na APR FC mu mukino w’umunsi wa 15 wa Shampiyona.

Mu mikino 13 Rayon Sports imaze gukina yatsinze imikino umunani, inganya imikino ine , itsindwa umukino umwe. Iri ku mwanya wa kabiri ku rutonde rw’agateganyo n’amanota 28 inyuma ya APR FC ifite amanota 31.

Kuri uyu wa Gatatu, ku isaha ya saa tatu nibwo hateganyijwe imyitozo yo mu kibuga ya Rayon Sports yitegura Mukura VS mu Nzove aho Rayon Sports isanzwe ikorera imyitozo.

Kirasa Alain na Martinez batoza Rayon Sports bari baje gufasha abakinnyi gukora imyitozo yoroheje yo muri Piscine

Piscine ngo ifasha abakinnyi kunanura imitsi, bakanaruhuka mu mutwe...Rutanga na Iranzi barafata agafoto ko mu mazi

Bakiniyemo imikino yose ibafasha kuruhuka mu mutwe

PHOTO: RENZAHO Christophe

IZINDI NKURU
Ibitekerezo(6)
  • Exodus

    Genda rayon urya isi amashyi kuri sadate niwe tubikesha

    - 11/12/2019 - 02:21
  • ######

    Turabakunda cyane .

    - 11/12/2019 - 04:12
  • ######

    Turabakunda cyane .

    - 11/12/2019 - 04:12
  • Aline

    Iyi kipe kombona ibayeho ubuzima buryoshye ra ubuyobozi nibukomereze aho

    - 11/12/2019 - 08:02
  • Nyinawabo

    Mumeze neza kbs

    - 11/12/2019 - 08:11
  • GATO

    NJYEWE NDASABA UBUYOBOZI BWA RAYON SPORT N’ABATOZA BA RAYON SPORT KO K’UMUKINO RAYON SPORT IZAHURA NA APR KO YAZAKORESHA HAGATI MUGENI FABRICE NA MIRAFA.
    MURAKOZE.

    - 11/12/2019 - 09:54
Tanga Igitekerezo