Rayon Sports yakoreye imyitozo kuri Enyimba International Stadium – AMAFOTO

Ikipe ya Rayon Sports yakoze imyitozo ya nyuma mbere y’umukino wo kwishyura ugomba kuyihuza na Enyimba FC yo muri Nigeria wa ¼ cya Total Confederation Cup 2018.

Iyi myitozo Rayon Sports yayikoze ku isaha ya saa munani zirenzeho iminota mike kuko mbere gato y’uko batangira imyitozo haguye imvura yamaze iminota igera kuri 30.

Abakinnyi babanje kwishyushya, nyuma bigabanyamo 2 bakina igice cy’ikibuga. Ukurikije uko imyitozo bayikoraga, mu kibuga hashobora kubanzamo ni Bashunga Abouba, Rutanga Eric, Mugabo Gabriel, Mutsinzi Ange, Rwatubyaye Abdul, Manzi Thierry, Muhire Kevin, Manishimwe Djabel, Prosper Donkor, Niyonzima Olivier Sefu na Bimenyimana Bon Fils Caleb.

Nyuma y’imyitozo isanzwe, abakinnyi bakoze imyitozo yo kugarira izamu ku mipira y’imiterekano iturutse muri Koloneri. Umwitozo wa nyuma bakoze ni uwo gutera Penaliti.

Iyi myitozo yamaze igihe cy’isaha irengaho iminota 10. Yakurikiranwe na Paul Muvunyi, Perezida wa Rayon Sports ndetse na Visi Perezida, Muhirwa Freddy. Ambasadeli Stanislas Kamanzi uhagarariye u Rwanda muri Nigeria na we yakurikiranye iyi myitozo.

Umukino uzahura amakipe yombi uteganyijwe kuri iki Cyumweru tariki 23 Nzeri 2018. Uzaba ku isaha ya saa munani z’amanywa ku isaha yo muri Nigeria. Azaba ari saa cyenda z’amanywa ku isaha yo mu Rwanda. Super Sport yamaze kuhageza ibikoresho byayo ndetse uzanyuzwa kuri Sheni ya 4.

Enyimba International Stadium ifite ubwatsi bw’ubukorano (terrain synthétique). Yicarwamo n’abagera ku bihumbi 16. Gusa umwe mu banyamakuru bo muri Aba, yatangarije Rwandamagazine.com ko abazareba uwo mukino bashobora kugera ku bihumbi makumyabiri kuko ngo ari umukino bafitiye amatsiko. Yatubwiye ko abayobozi ba Enyimba FC bari gukora byose byashoboka ngo bawutsinde.

Abanyamisiri bazasifura uyu mukino nibo babanje gukora imyitozo

Mbere gato y’uko Rayon Sports itangira imyitozo, imvura yaguye

Umuryango winjira muri Stade ubanza kunyura mu isoko rito riri mu marembo

Ku muryango winjira muri Stade , hari icyapa gishimira Guverineri wa Leta ya Abia kuba yarabafashije kubaka Stade mpuzamahanga

Enyimba International Stadium ni Stade ifite ikibuga cyiza cyane ....ikipe izi guhererekanya umupira wo hasi cyayifasha

Isize amabara y’ubururu n’umweru yambarwa na Enyimba

Super Sport yamaze kuhageza ibikoresho

Bimenyimana Bon Fils Caleb uzaba ashakira Rayon Sports ibitego

Abayobozi baherekeje Rayon Sports bakurikiranye iyi myitozo

Paul Muvunyi na Ambasadeli Kamanzi bakurikiranye imyitozo

Muhirwa Freddy, Visi Perezida wa Rayon Sports

Mushimire Jean Claude ushinzwe imishinga ya Rayon Sports

Habyarimana Marcel, Visi Perezida wa FERWAFA

Robertinho na Gatera Musa umwungirije

Bashunga Abouba na Ndayisenga Kassim , abanyezamu ba Rayon Sports yemerewe gukoresha muri iyi mikino ya Confederation Cup 2018

Bashunga Abouba uzabanza mu izamu rya Rayon Sports izaba ishaka kubaka amateka mashya mu mupira w’amaguru w’u Rwanda no muri CECAFA

Bakoze imyitozo yo kugarira izamu ku mipira iturutse muri Koloneri

Myugariro Mutsinzi Ange

Umukino urangiye bikiri 0-0, hahita haterwa Penaliti...Rayon Sports yitoje uko ziterwa

Perezida wa Rayon Sports , Paul Muvunyi ari gukurikirana buri gikorwa cyose cy’ikipe

Ambasadeli Kamanzi nyuma y’imyitozo

PHOTO:RENZAHO Christophe

IZINDI NKURU
Ibitekerezo(11)
  • Moubarak Nshimiyimana

    Twishimiye ubwitange n’umurava mukomeje kugira. Abanyarwanda twese tubari inyuma. Ntimuzagire ubwoba mukore akazi kd neza. Ndabyizeye ko intsinzi iri mu maboko yanyu. Ibihe byiza.

    - 22/09/2018 - 19:07
  • ######

    byiza cyane dutegereje insinzi ya gikundiro yacu

    - 22/09/2018 - 19:41
  • Dufatanye Benjamin Lucky

    Abahungu bacu bazabikora turabyizeye bakomere kd bashikame amateka atugira abatsinzi Oooh rayon ukwanga ntakatubemo

    - 22/09/2018 - 19:43
  • Iranzi Paul

    Turabashimiye Kubw’amakuru Mukomeje Kuduha

    - 22/09/2018 - 20:02
  • Emmy Snop

    Nukuri Natwe abasigaye mu Rwanda Ikipe yacu dukunda Turimo kuyisengera kdi ngewe Nshimiye cyaneee Umunyamakuru wa Magazine Uburyo rwose Arimo akora akazi neza byose turi kubibona bitatugoye peee courage

    - 22/09/2018 - 20:35
  • Didos

    Twishimiye ibyo mugezeho kind tubafitiye icyizere..Ark Rutanga Eric CAF nabonye itangazo ivugako yibeshye atagomba gukina uyumukino mubikurikirane batazaduhana...oyeee Rayon

    - 22/09/2018 - 22:34
  • ######

    Nitwa janvie ndimurikongo,mubwukurindumufa nawa rayon sport kandi ndayikunda! noneho nyifurije amahirwemasa kuruyu mukino iwutsi nzegutsindanibi sanzwe kuriyo arikobyaba raka rusho.ndabakunda cyan. naho enyimba iraj irye10.

    - 23/09/2018 - 05:15
  • mupenzi Jean d’Amour

    Ooooo Rayon tubari nyuma basore bacu mukwakwanye iyo kipe nubwo ari igihangange muri Africa nibakange amaguri ni 2 kuri 2 mubakubite amacenga nkayo muri Brezil bari bwibure mu kibuga ubundi umuzamu mu mutere imipira yohasi irimo ubwenge insinzi irataha I Rwanda courage basore

    - 23/09/2018 - 07:33
  • habimanasimeon

    Njyewe Nkurikije Imyitozo nabonye kuburyo Nizeye imana n,Abasore bacu impumuro y,Intsinzi yatangiye kumpumurira Banyarwanda banyarwandakazi namwe ncuti zu rwanda bafana mwese Ba GIKUNDIRO YACU RAYON SPORT irabisoza Neza kdi Cyane nimukanya Saa cyenda
    KUBER,IMANA!

    - 23/09/2018 - 08:26
  • harelimana simeon

    Simeon
    Njyewe Nkurikije Imyitozo nabonye kuburyo Nizeye imana n,Abasore bacu impumuro y,Intsinzi yatangiye kumpumurira Banyarwanda banyarwandakazi namwe ncuti zu rwanda bafana mwese Ba GIKUNDIRO YACU RAYON SPORT irabisoza Neza kdi Cyane nimukanya Saa cyenda
    KUBER,IMANA!

    - 23/09/2018 - 08:29
  • Isaïe

    Ooooooo Rayonnnnnn courage bagabo tubari inyuma intsinzi ni iya Gikundergo.

    - 23/09/2018 - 08:45
Tanga Igitekerezo