Peace cup 2022: Musanze FC yanganyije n’Intare FC (AMAFOTO)

Ikipe ya Musanze FC yanganyije Igitego 1-1 na Intare FC mu mukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze ry’igikombe cy’Amahoro.

Ni umukino wabaye kuri uyu wa kane tariki 17 Werurwe 2022 kuri stade Ubworoherane. Musanze FC niyo yafunguye amazamu Ku munota wa 12 itsindiwe na Samson Irokan. Mariza Innocent yishyuriye Intare FC ku munota wa 25 Ku ishoti rya kure yateye umunyezamu Pascal ananirwa kuwukuramo.

Umukino wo kwishyura uteganyijwe tariki 31 Werurwe 2022 kuri Stade ya Kicukiro.

Igikombe cy’Amahoro gitanga ikipe iserukira u Rwanda muri CAF Confederation Cup, cyari kimaze imyaka ibiri kitaba bitewe n’icyorezo cya COVID-19.

Cyaherukaga gukinirwa mu 2019 aho cyegukanywe na AS Kigali itsinze Kiyovu Sports ibitego 2-1 ku mukino wa nyuma.

Icyorezo cya COVID-19 cyageze mu Rwanda muri Werurwe 2020 hamaze gukinwa amajonjora abiri y’iri rushanwa, rigeze muri 1/8, byatumye riseswa rifatwa nk’iritarabayeho.

Uko imikino ibanza y’ijonjora ry’ibanze yose yagenze

Bamwe mu bagize Staff y’Intare FC....I buryo hari Didier Bizimana wabaye umukinnyi ukomeye wa APR FC

Maurice bakunda kwita Maso , umutoza wungirije wa Musanze FC

Frank Ouna, umutoza mukuru wa Musanze FC

Byusa Wilson bakunda kwita Rudiff, umutoza mukuru w’Intare FC

Ndori, umutoza wungirije agira inama Rudiff

Mariza wishyuriye Intare ahanganira umupira na Fabio

Irokan watsindiye Musanze FC ahanganira umupira mu kirere

Fabio, umwe mu bakinnyi bakomeye ba Musanze FC

I bumoso hari umuyobozi w’Intare Rtd Capt. Gatibito Byabuze, hagati ni Placide Tuyishimire , Perezida wa Musanze FC,...i buryo hari Rukara , Visi Perezida wa Musanze FC

Muhizi, Visi Perezida wa Kabiri wa Musanze FC

I bumoso hari Nsanzumuhire Dieudonné bita Buffet, umuyobozi w’abafana ba Musanze FC

I bumoso hari Muramira Regis, Umunyamakuru wa City Radio, hagati hari Chantal Barakagwira, umunyamabanga w’Umusigire wa Musanze FC naho i buryo hari Turatsinze Younouss bita Ingwey ushinzwe itangazamakuru muri Musanze FC

Imurora Japhet, team manager wa Musanze FC afatanya na Ouna kureba ibisubizo byaboneka Ku ntebe y’abasimbura

Eugene Habyarimana ni we wakinnye Ku ruhande rw’i buryo rwugarira rwa Musanze FC

PHOTO : Renzaho Christophe

IZINDI NKURU
Ibitekerezo(0)
Tanga Igitekerezo