Musanze FC yatsinze Rwamagana City FC yicara ku mwanya wa 5 (AMAFOTO)

Ikipe ya Musanze FC yatsinze Rwamagana City FC ibitego 3-1 bituma irara ku mwanya wa 5 ku rutonde rw’agateganyo.

Wari umukino w’umunsi wa 12 wa shampiyona aho ikipe ya Musanze FC yari yakiriye Rwamagana City FC, kuri Stade Ubworoherane yari iherutse kugarikiraho ikipe ya Rayon Sport iyihatsindira ibitego 2-0.

Musanze FC itari ifite abatoza bayo bakuru; Frank Ouna ukirwaye ndetse na Nshimiyimana Maurice utagaragaye muri uyu mukino kubera ikibazo cy’amasomo, yatozwaga na Nyandwi Idrissa afatanyije na Imurora Japhet.

Umukino watangiye ikipe ya Musanze FC yari mu rugo ikinana ishyaka ndetse byayiviriyemo no kubona igitego cya mbere mu mukino ku munota wa 12 w’umukino gitsinzwe na Namanda Wafula kuri pase nziza yari ahawe na Peter Agblevor cyabaye igitego cya 5 uyu Munya-Kenya atsinze muri Shampiyona y’uyu mwaka.

Ku munota wa 20 , Musanze FC yatsinze igitego cya 2 cyatsinzwe na Ben Ocen kuri pase nziza yari iturutse k’uruhande rw’iburyo.

Rwamagana yaje kubona igitego cyayo muri uyu mukino ku munota wa 36 cyinjijwe na Muhindo Benson, gusa ntibyatinze kuko ku munota wa 41 w’umukino Kanza Eric yaje kubonera Musanze FC igitego cya gatatu ndetse igice cya mbere cy’umukino kirangira ari ibitego 3 bya Musanze FC kuri 1 cya Rwamagana City.

Mu gice cya kabiri cy’umukino, amakipe yagerageje gukora impinduka mu kibuga ariko umukino urangira bikiri ibitego 3 bya Musanze FC kuri 1 cya Rwamagana City FC.

Umunsi wa 12 wa shampiyona usize ikipe ya Musanze FC iri ku mwanya wa 5 n’amanota 20.

Uhereye i bumoso hari Japhet Imurora, Nyandwi Idrissa na Gilbert Harerimana basigariyeho abatoza bakuru bombi

Uhereye i bumoso hari Ruremesha Emmanuel, umutoza mukuru wa Rwamagana FC , akurikiwe na Lomami Marcel, umwungirije...i buryo ni umutoza w’abanyezamu

Mbere y’umukino hibutswe Muramira Gregoire uheruka kwitaba Imana

Namanda Wafula niwe watsinze igitego cya mbere

Ben Ocen niwe watsindiye Musanze FC igitego cya kabiri

Umurangamirwa Serge wahoze muri Musanze FC yahuraga n’ikipe yahozemo

Umutoza w’abanyezamu ba Rwamagana City FC yahawe ikarita itukura, arasohoka

Isaac Nsengiyumva yavunikiye muri uyu mukino

Nyandwi Idrissa mu kazi

Imurora Japhet na Nyandwi Idrissa basigaranye ikipe

I bumoso hari Mayor wa Rwamagana, Rajab Mbonyumuvunyi

Chantal Barakagwira, umunyamabanga wa Musanze FC

Cangirangi., umufana ukomeye wa Musanze FC

Kambale Salita Gentil usigaye akina muri Rwamagana FC yari yaje gushyigikira bagenzi be...ntiyakinnye kubera imvune afite

PHOTO:RENZAHO CHRISTOPHE

IZINDI NKURU
Ibitekerezo(0)
Tanga Igitekerezo