Kuri uyu wa Gatatu tariki 8 Werurwe 2023, ikipe ya Musanze FC yatsinze Bugesera FC 2-0 mu mukino wo kwishyura wa 1/8 w’igikombe cy’Amahoro, ihita ikatisha itike ya 1/4.
Ni umukino wahuje amakipe yombi kuri uyu wa Gatatu tariki ya 08 Werurwe 2023 kuri stade Ubworoherane.
Musanze FC yari mu rugo yafunguye amazamu ku munota wa 6 igitego cyatsinzwe na Peter Obglover ku burangare bwa ba myugariro ba Bugesera FC. Iki gitego ntago cyaciye intege ikipe ya Bugesera FC yakomeje gusatira ndetse iza kubona Penaliti ku munota wa 33 w’umukino maze Kato Samuel ayitera mu biganza bya Ntaribi Steven wari wabanje mu kibuga.
Amakipe yombi yagiye kuruhuka ikipe ya Musanze FC iri imbere n’igitego kimwe yagarukanye imbaraga mu gice cya kabiri ndetse iza kubona igitego cya Kabiri cyatsinzwe na Peter Ogblover ku mupira wari utewe neza na Nyandwi Saddam kuri Koroneri
Umukino waje kurangira ikipe ya Musanze FC itsinze ikipe ya Bugesera FC ibitego bibiri ku busa bituma ikipe ya Musanze FC igera muri 1/4 aho izahura na Mukura yasezereye ikipe ya Rutsiro FC.
Peter watsinze ibitego 2 muri uyu mukino ari nabyo byahesheje Musanze FC gukomeza muri 1/4
Ukeneye kugurira muri Gogo Fashion Boutique cyangwa ibindi bisobanuro ku buryo ushobora kubonamo imyambaro ivuye muri iri duka, wahamagara 0785678821.
Gogo Fashion Boutique iragira iti "Nimuze mutugane, tubambike muberwe ku giciro cyiza. Ikaze, umukiliya ni umwami"
Lt.General Mubarakh Muganga (i bumoso), umugaba mukuru w’ingabo zirwanira ku butaka na Maj Gen Eric Murokore ukuriye Inkeragutabara mu Ntara y’Amajyaruguru bagera kuri Stade Ubworoherane kureba uyu mukino
Perezida wa Musanze FC, Tuyishimire Placide asuhuzanya na Lt.General Mubarakh Muganga

Abo muri Gogo Fashion Boutique, iduka ricuruza imyenda igezweho mu Mujyi wa Musanze bari bitabiriye uyu mukino
Hagati hari Rukara, Visi Perezida wa mbere wa Musanze FC
Bishimira igitego cya kabiri cya Musanze FC
PHOTO:RENZAHO CHRISTOPHE
/B_ART_COM>