MU MAFOTO :Umukino abanyamakuru ba Siporo banyagiyemo FERWAFA

Mu mukino wa gishuti, ikipe y’abanyamakuru b’imikino bo mu Rwanda, AJSPOR yanyagiye ikipe y’abakozi b’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA ndetse n’abandi bafite aho bahurira nayo ibitego 7-3.

Ku gicamunsi cyo ku wa Gatanu tariki 04 Mutarama 2019 nibwo kuri stade Amahoro i Remera habereye uyu mukino. Ni umukino wateguwe hagamijwe gukomeza ubufatanye bisanzwe buhuza impande zombi no kwifurizanya Noheli nziza n’umwakamushya muhire wa 2019.

Nubwo atakinnye ariko Perezida wa Ferwafa, (Rtd) Brig Gen Sekamana Jean Damascene yari yitabiriye uyu mukino Undi muyobozi mukuru muri FERWAFA wari uhari ndetse wanakinnye ni Visi perezida w’iri shyirahamwe, Habyarimana Matiku Marcel . Harimo kandi abasifuzi, abatoza b’ikipe y’igihugu n’abandi bafite aho bahurira na FERWAFA.

Ibitego by’abanyamakuru byatsinzwe na Imfurayacu Jean Luc wa Radio na TV 10, Jado Dukuze wa Isango Star watsinze 2 anatanga umupira wavuyemo igitego, Richard Nshimiyimana bakunda kwita Machad ukorera Imirasire, Jado Max wa K FM na Sammy Imanishimwe wa Kigali Today.

Ibitego bya FERWAFA byatsinzwe Hussein Habimana, Rutamu Patrick umuganga w’ikipe y’igihugu na Ntibatega Mohamed.

Nyuma y’umukino, FERWAFA yashyikirije ikipe y’abanyamakuru b’imikino imipira 2 yo gukina izakomeza kubafasha mu myitozo yabo ya buri munsi.

Umukino wo kwishyura ku mpande zombi uteganyijwe mu mpera za Mutarama 2019.

11 ikipe ya FERWAFA yabanje mu kibuga

11 Abanyamakuru babanje mu kibuga

Claude Hit wa Flash FM na Flash TV ahanganiye umupira na Hussein Habimana

Bonnie Mugabe ushinzwe itangazamukuru muri FERWAFA

Nzeyimana Felix ushinzwe umutekano ku bibuga

Ibi byo ntibyabura mu kibuga

Nshimiyimana Alexis Redamptus ushinzwe iterambere ry’umupira w’amaguru muri niwe wari umutoza wa FERWAFA

Desire Hatungimana niwe wari umutoza w’abanyamkuru

Gakwandi Felix yari umutoza wungirije w’abanyamakuru

Ntarengwa Aimable, team Manager wa Isonga FA

Jado Dukuze wa Isango Star ahanganira umupira..Niwe kapiteni w’abanyamakuru ndetse yatsinzemo ibitego 2 anatanga umupira uvamo igitego

Dukuze ahanganye n’umusifuzi Dieudonne

Matiku Marcel, Visi Perezida wa FERWAFA

Rutamu, umuganga w’ikipe y’igihugu

Seninga Innocent utoza Bugesera FC ariko akaba n’umutoza wungirije mu ikipe y’igihugu , Amavubi yari rutahizamu w’ikipe ya FERWAFA

Nepomuscene wa City Radio

Nonde utoza Isonga FA

Habimana Hussein, Umuyobozi ushinzwe iterambere ry’umupira w’amaguru ( Directeur technique national-DTN) yazonze cyane ikipe y’abanyamakuru

Abakinnyi b’ikipe ya FERWAFA bishimira kimwe mu bitego 3 babashije gutsinda muri uyu mukino

Jado Max

Umusifuzi Uwikunda Samuel

Claude Hit na Hussein bakunze guhanganira umupira cyane

Kaliyopi usanzwe atoza abanyezamu ba Isonga FA niwe wari umunyezamu wa FERWAFA

Uwayezu Francois Regis, umunyamabanga wa FERWAFA

Peter Kamasa wa Newtimes ni umwe muri ba rutahizamu b’ikipe y’abanyamakuru

Machad wa Imirasire.com ni umwe mu bakinnyi bakomeye bakina hagati mu ikipe y’abanyamakuru

Kit Manager w’Amavubi, Rujugiro Jacques yinjiye asimbuye

Ikipe y’abanyamakuru yahawe imipira

PHOTO:Uwihanganye Hardi

IZINDI NKURU
Ibitekerezo(1)
  • Theo

    Abataramu ndabona bari baberewe pe!

    courage burya aga sport ningirakamaro kumubiri wacu.

    - 8/01/2019 - 02:00
Tanga Igitekerezo