MU MAFOTO 600: Ibyishimo bisendereye i Huye ubwo APR FC yatsindaga US Monastir

Ku wa Gatandatu, tariki ya 10 Nzeri 2022, APR FC yatanze ibyishimo bidasanzwe ku bakunzi bayo n’Abanyarwanda bari bayishyigikiye nyuma yo gutsinda US Monastir yo muri Tunisia igitego 1-0 mu mukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions League wabereye i Huye .

Igitego rukumbi cyabonetse muri uyu mukino cyinjijwe na Mugunga Yves n’umutwe ku munota wa 18.

Igice cya mbere cyashoboraga kurangira APR FC ifite ibitego bitatu cyangwa bine iyo Ruboneka Jean Bosco, Nshuti Innocent na Niyigena Clément babyaza umusaruro andi mahirwe bagerageje.

Ku munota wa 78, US Monastir yibwiraga ko yishyuriwe na Heykeur Chikhaoui ariko umusifuzi wo ku ruhande, Umurundi Kakunze Hervé agaragaza ko hari habayeho kurarira.

Abanya-Tunisia, baba abakinnyi n’abatoza, bamaze iminota ibiri bagaragaza ko batishimiye icyemezo cy’uyu musifuzi wo ku ruhande.

Umukino warakomeje, iminota 90 n’indi itatu y’inyongera irangira nta bundi buryo bw’igitego bubonetse.

Iyi ntsinzi yatumye APR FC ikomeza urugendo rwayo rwo kudatsindirwa mu rugo mu mikino Nyafurika yakiriye kuva itangiye gutozwa n’Umunya-Maroc Erradi Adil Mohammed mu 2019.

Mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye nyuma y’uyu mukino, uyu mutoza yasabye Abanyarwanda gushyigikira abakinnyi babo ndetse yizeza ko biteguye imikinire y’Abanya-Tunisia mu mukino wo kwishyura.

US Monastir izakira umukino wo kwishyura uzabera muri Tunisia ku wa 18 Nzeri 2022.

Ikipe izakomeza hagati y’izi zombi izahura na Al Ahly yo mu Misiri.

Abafana ba APR FC bari bayiraye ku ibaba, hafi yo kuzura Stade ya Huye

Abasimbura ba US Monastir

Abasimbura ba APR FC

Intebe y’abatoza ba US Monastir bakuriwe na Darko Nović (ubanza iburyo)

Ubwo amakipe yombi yasohokaga mu kibuga abanjirijwe na Komiseri ndetse n’abasifuzi

Umurundi Nkurunziza Thierry ni we wari umusifuzi wo hagati

Buregeya Prince yambaye igitambaro cya APR FC kuko Manishimwe Djabel yari ku ntebe

Umutoza wa APR FC, Erradi Adil Mohammed, yayitoje bwa mbere mu mikino Nyafurika nyuma yo kubyemererwa na CAF

Abasifuzi b’Abarundi bayoboye umukino

Ba Kapiteni b’Amakipe yombi; Buregeya Prince na Bechir Ben Said, bifotozanya n’abasifuzi barangajwe imbere na Nkurunziza Thierry

Abakinnyi ba US Monastir babanje mu kibuga

Ababanje mu kibuga ku ruhande rwa APR FC

Mu mabara y’Amavubi, Rwarutabura yagiye kwifatanya n’abafana ba APR FC i Huye

Niyibizi Ramadhan yazonze ab’inyuma ba US Monastir mu gice cya mbere

Omborenga Fitina ari mu bagize umukino mwiza ku wa Gatandatu

Abafana bari bitabiriye ku bwinshi

Ishimwe Christian atera koruneri

Mugunga atsinda igitego cyahesheje APR FC intsinzi

Mugunga Yves yishimira igitego yatsinze hakiri kare

Abafana ba APR FC bahise biterera mu bicu

Meya w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange

Perezida wa FERWAFA, Nizeyimana Olivier (ibumoso) n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Shema Maboko Didier

Ubwo umukino wari urangiye, abatoza n’abakinnyi ba US Monastir bashatse gusagarira abasifuzi.... gusa polisi yarahagobotse

AMAFOTO: RENZAHO Christophe

IZINDI NKURU
Ibitekerezo(0)
Tanga Igitekerezo