MU MAFOTO 100:Rayon Sports yanganyije na El Merrikh

Rayon Sports yanganyije na Al Merrikh SC mu mukino w’umunsi wa 24 wa Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda ya 2025-2026.

Ni umukino wabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki ya 16 Werurwe 2026 kuri Kigali Pelé Stadium.

Ni umukino amakipe yombi yari yafashe nk’ukomeye kuko buri bikipe hari icyo byagombaga guhindura uko ahagaza ku rutonde rwa Shampiyona aho Rayon Sports yari kwisubiza umwanya wa gatatu, Al Merrikh SC igafata umwanya wa kabiri.

Ni umukino waranzwe no guhangana ku mpande zombi, aho Al Merrikh SC yabonye amahirwe atandukanye ariko umunyezamu Kwizera Olivier ababera ibamba.

Ni nako Rayon Sports yananiwe kubyaza umusaruro amahirwe yabonye maze umukino urangira ari ubusa ku busa.

Nyuma yo kunganya uyu mukino Al Merrikh SC yagumye ku mwanya wa 3 n’amanota 45 inganya na Al Hilal SC ya kabiri ku rutonde ruyobowe na APR FC ifite 46, Rayon Sports ni iya 5 n’amanota 39, Police FC ya kane ifite 40.

IZINDI NKURU
Ibitekerezo(0)
Tanga Igitekerezo