Heroes yakuye intsinzi ya 2 kuri Musanze FC (AMAFOTO)

Ikipe ya Heroes FC yabonye intsinzi ya 2 kuva yagera mu cyiciro cya mbere nyuma yo gutsinda Musanze FC 3-2 mu mukino w’umunsi wa 10 wa Shampiyona y’u Rwanda y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru.

Ni umukino wabereye kuri Stade ya Bugesera aho Heroes FC yakirira imikino yayo. Wabaye ku isaha ya saa cyenda z’amanywa zo kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Ugushyingo 2019.

Heroes FC yaherukaga amanota 3 ubwo yatsindaga AS Muhanga, yashakaga uko yakongera amanota kugira ngo ikomeze kwigira imbere iva mu makipe ashobora kujya mu cyiciro cya kabiri.

Musanze FC yaherukaga kunganya na Gasogi United 1-1 nayo yashakaga amanota yayifasha kuva mu myanya y’unyuma.

Munyeshyaka Gilbert bita Rukaku yafunguye amazamu ku munota wa 17 w’umukino atsindira Heroes FC igitego cya mbere ku mupira yari aherejwe neza na Uwiduhaye Aboubakar bita Saidi.

Ku munota wa 23, Imurora Japhet yishyuriye Musanze FC ku mupira yari ahawe neza na Moussa Ally Sova, bituma igice cya mbere kirangira ari 1-1.

Ku munota wa 61, Jean Didier Touya winjiye asimbuye yatsinze igitego cya 2 cya Musanze FC ku mupira wari uvuye kuri coup franc yatewe na Ally Sova. Hari nyuma n’ubundi y’ikosa ryari rikorewe kuri Touya.

Heroes FC ntiyacitse intege ahubwo ikomeza guhererekanya neza umupira. Ku munota wa 88, Heroes FC yabonye Coup franc inyuma gato y’urubuga rw’amahina. Ni coup franc abakinnyi ba Heroes bemezaga ko yari kuba penaliti kuko myugariro wa Musanze FC yakoze umupira arirwo ahagazemo ariko umusifuzi yemeza ko umupira wakorewe inyuma.

Imanishimwe Patrick niwe wayiteye ayinjiza neza cyane, Muhawenayo Gadi ntiyamenya aho umupira wanyuze, biba 2-2.

Ku munota wa 90, ku burangare bwa ba myugariro ba Musanze FC, Uwiduhaye Aboubakar bita Saidi yatsinze igitego cya 3 cya Heroes FC kiyihesha amanota 3.

Nyuma y’uyu mukino, Heroes FC yahise igira amanota 7 iguma ku mwanya wa 15 ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona. Musanze FC yo yagumye ku mwanya wa 12 n’amanota 9.

Ahazaza h’umutoza Amars hakomejwe kwibazwaho

Kuva yatangira gutoza Musanze FC, Niyongabo Amars amaze gutsinda umukino umwe mu mikino 10 amaze gukina, atsindwa 3 anganya 6.

Mu minsi yashize, ubuyobozi bwa Musanze FC bwari bwamwihanangirije ku musaruro mubi , yemera kugira ibyo ahindura ariko nyuma yo gutsindwa na Heroes FC, bamwe mu bafana ba Musanze FC ndetse bari mu bafite ijambo muri iyi kipe bavuze ko bazize umutoza kuko kuri bo ngo babonaga umukino bari kuwutsinda biboroheye.

Ubwo umukino wari urangiye, itangazamakuru ryifuje kuvugana na Perezida wa Musanze FC ku bijyanye n’ahazaza h’umutoza w’ikipe abereye umuyobozi ariko yirinda kugira icyo abitangazaho.

11 Heroes FC yabanje mu kibuga

11 Musanze FC yabanje mu kibuga

Abatoza ba Musanze FC

Staff technique ya Heroes FC

Stefan Hannson utoza Heroes FC

Mbere y’umukino, abayobozi b’amakipe yombi babanje gusuhuzanya

Uwambaye ishati y’ubururu ni Kanamugire Fidèle, umuyobozi wa Heroes FC naho uwambaye umupira w’umukara ni Tuyishimire Placide uyobora Musanze FC

Buffet, ukuriye abafana ba Musanze FC ntajya abura aho yakiniye

Heroes FC yihagazeho imbere ya Musanze FC inabasha kuyikuraho amanota 3

Dukuzeyezu Pascal wahoze muri Bugesera FC ubu ni umunyezamu wa Heroes FC

Kubera ibigango n’umuvuduko, Rukaku yagoye ba myugariro ba Musanze FC

Umutoza Amars mu kazi

Hannson na we ntiyari yicaye

Munyeshyaka Gilbert bita Rukaku niwe wafunguye amazamu ku munota wa 17 ku mupira yari aherejwe neza na Uwiduhaye Aboubakar bita Saidi

Japhet niwe wishyuriye Musanze FC igitego yari yabanjwe

I bumoso hari Axel Horaho, umunyamakuru wa Radio na TV 10 naho i buryo ni David Mugaragu wa RBA

Muhire Anicet bita Gasongo wahoze muri Bugesera FC

Mugenzi Cedric bita Ramires ni umwe mu nkingi za mwamba za Musanze FC

Jean Didier Touya winjiye asimbuye, yakoreweho ikosa rya coup franc, iterwa na Sova, Touya atsindisha umutwe

Moise Nyarugabo winjiye asimbuye yazonze cyane ba myugariro ba Musanze FC

Heroes FC yishyuye igitego cya kabiri kuri coup franc nziza yatewe na Imanishimwe Patrick

I bumoso hari Sam Karenzi, umunyamabanga wa Bugesera FC

Perezida wa Musanze FC ntiyumvaga uburyo babishyuye igitego

Umubitsi wa Musanze FC na we byamutunguye kubona bishyurwa

Kuri telefone, Fidele wa Heroes FC we aragira ati " Tumaze kubishyura icyo bari badutsinze, abana bari gushakisha icy’intsinzi...Imana ndabona iri mu ruhande rwacu"

Abakinnyi ba Bugesera FC bari baje kureba uko Heroes FC bakinira ku kibuga kimwe yitwara

Musanze FC yagiye ihusha ibitego byabazwe

Ramires ahanganye na Mudacumura Jackson bita Rambo, umukinnyi mwiza wo hagati wa Heroes FC

Abakinnyi ba Heroes FC bashimira Uwiduhaye Aboubakar bita Saidi watsinze igitego cya 3 cyabahesheje amanota 3 bwa kabiri muri Shampiyona y’icyiciro cya mbere

Dushimimana Olivier bahimba Muzungu ni uku we yishimiye igitego cya 3

Nyuma y’umukino bapfukamye bashimira Imana

PHOTO:RENZAHO Christophe

IZINDI NKURU
Ibitekerezo(2)
  • rambo

    Ariko Mana, andi ma kipe arakundwa. APR FC iratsinda mugashyiraho ifoto imwe, ariko rayon yatsinda mugashyiraho amafoto ijana (100)! Na Heroes irushe apr gukundwa!

    - 27/11/2019 - 17:35
  • Nyamabuye

    Erega rayon sport ujye umenyako ariyabafa APR FC niyajyisirikaye.bandika izabaturage cyaneee?

    - 28/11/2019 - 08:51
Tanga Igitekerezo