Enyimba FC 5- 1 Rayon Sports , MU MAFOTO

*Kuri iki Cyumweru tariki 23 Nzeri 2018 , Ikipe ya Rayon Sports yatsinzwe na Enyimba FC yo muri Nigeria ibitego 5-1 mu mukino wo kwishyura muri ¼ muri CAF Confederations Cup. Umukino ubanza amakipe yombi yari yanganyirije i Kigali 0-0

*Ikipe ya Enyimba niyo yafunguye amazamu ku munota wa 12, nyuma y’aho Mugabo Gabriel yari ahushije umupira, maze rutahizamu Augustine Sopuluchi Dimgba ahita awuboneza mu izamu rya Rayon Sports

*Igitego rukumbi cya Rayon Sports cyatsinzwe na Bon Fils Caleb ku munota wa 24 w’umukino. Hari ku mupira wazamukanwe na Muhire Kevin, awuhereza Eric Rutanga wahise awuhindura mu izamu maze Bimenyimana Bonfils Caleb ahita atsinda igitego cyo kwishyura.

*Ku munota wa 27 Mutsinzi Ange yagiye gutera umupira awihera rutahizamu wa Enyimba Udo Ikouwem, yahise atera ishoti maze umupira ukubita ku kuguru kwa Manzi Thierry uhita ujya mu izamu.

*Ku munota wa 39, umutoza wa Rayon Sports nyuma yo kubona ko harimo kutumvikana hagati ya ba myugariro, yahise akuramo Mutsinzi Ange yinjizamo Mugisha Gilbert, gusa igice cya mbere kirangira ari ibitego 2 bya Enyimba kuri kimwe cya Rayon Sports.

*Igice cya kabiri kigitangira, Enyimba yaje guhita itsinda igitego cya kabiri ku munota wa 47, igitego cyatsinzwe na Sunday Adetunji.

*Ku munota wa 59, Rayon Sports yatsinzwe igitego cya kane kuri Coup-Franc , umupira bateye Rwatubyaye Abdul akawukoraho n’umutwe ugahita werekeza mu izamu.

*Ku munota wa 78, Enyimba yatsinze igitego cya gatanu, kuri Coup-Franc yatewe maze Bashunga Abouba awukuramo, Isiaka Oladuntoye ahita awushyira mu izamu, umukino urangira ari ibitego 5-1.

Aya ni amwe mu mafoto yaranze umukino Rwandamagazine.com yabegeranyirije

Umwanya wagenewe abanyamakuru

Imbwa nizo zifashishijwe kuri uyu mukino ngo zirinde umutekano ku bafana bateza akavuyo kuri Stade

Mbere y’umukino, Enyimba FC ifite umuco w’uko indirimbo irata ibigwi by’ikipe yabo haza ababyinnyi bakayibyina

Umugabo w’imyaka 60 niwe uba wiyerekana akora ubufindo bunyuranye ku mupira

Guverineri wa Abia State agera kuri Stade

Guverineri asuhuza Ambasadeli Stanislas Kamanzi uhagarariye u Rwanda muri Nigeria

Aramukanya na Perezida wa Rayon Sports, Paul Muvunyi

Imodoka zazanye Guverineri wa Abia State

Perezida Muvunyi na Ambasadeli Kamanzi barebye uyu mukino

Mudaheranwa Yussuf bakunda kwita Hadji (i buryo), na Visi Perezidawa FERARWAFA ni bamwe mu bari baherekeje Rayon Sports muri Nigeria

Ruhamyambuga Paul wigeze kuyobora Rayon Sports

Mushimire Jean Claude ushinzwe imishinga ya Rayon Sports

Umuyobozi mukuru wa Enyimba FC

MC washyushyaga abafana ...aha yagiraga ati " Aya manota 3 turayakeneye cyane pe!Ndasaba abakinnyi, nibabura umupira, ntibabure umuntu!"

Abasimbura n’abatoza ba Enyimba FC

Abasimbura ba Rayon Sports

Abatoza ba Rayon Sports

Abatoza ba Enyimba FC

Abakinnyi b’amakipe yombi babanza gusenga mbere yo kwinjira mu kibuga

Mbere yo gutangira umukino, abakinnyi ba Enyimba babanza gusuhuza abafana, kapiteni afashe ibendera ryayo arizunguza

11 Enyimba FC yabanje mu kibuga

11 Rayon Sports yabanje mu kibuga

Ba myugariro ba Enyimba bari bahagaze neza cyane

Bimenyimana nyuma yo kwishyura igitego

Theophilus Afelokhai, umunyezamu wa Enyimba yongeye kuba ibamba mu izamu

Igice cya mbere kirangiye, Caleb yababaraga ukuboko

Umubyinnyi washyuhije abantu igice cya mbere kirangiye

Ubukeba ku ruhande....Akwa United ya kabiri ku rutonde rw’agateganyo muri Nigeria yari yaje gushyigikira Enyimba FC

Umutoza n’abakinnyi ba Enyimba FC bishimira kimwe mu bitego 5 batsinze Rayon Sports

Abakinnyi ba Rayon Sports bibazaga ibiri kubabaho

Christ Mbondi yagerageje nibura gushaka icya 2 ariko biranga

Enyimba yarushije Rayon Sports mu buryo bugaragara

Kapiteni wa Enyimba ni umwe mu bagoye cyane Rayon Sports

Myugariro Ifeanyi Anaemena yongeye kugora cyane abakinnyi ba Rayon Sports nkuko yabikoze mu mukino ubanza

Habuze gato ngo Irambona Eric atsinde iki gitego

Mugisha Gilbert wasimbuye Mutsinzi Ange mu gice cya mbere

Muhire Kevin yakomeje gushyiramo imbaraga ariko biranga

Kevin agerageza ishoti rya kure

Agahugu umuco, akandi uwako...muri Stade, abafana banywaga urumogi ku mugaragaro kandi ku bwinshi

Umukino urangiye, abakinnyi ba Rayon Sports byabagoye kumva ibibabayeho

Abakinnyi ba Enyimba bashimira abafana nyuma y’umukino

Kari agahinda ku bakinnyi ba Rayon Sports n’abatoza , umukino urangiye

PHOTO:RENZAHO Christophe

IZINDI NKURU
Ibitekerezo(0)
Tanga Igitekerezo