Rutahizamu Atuheire Kipson yamaze gusubira mu ikipe yahozemo yo muri Cambodge yitwa Naga World FC yigeze kugiriramo ibihe byiza. Yayisinyemo umwaka umwe.
Kipson asubiye muri Naga World FC nyuma yo kutumvikana ibijyanye n’amafaranga na UKM FC yo muri Malaysia.
Mu kwezi k’Ukwakira 2018 nibwo Kipson yavuye muri UKM FC. Yayikiniye imikino 12 , ayitsindira ibitego 7 ndetse atanga n’imipira 4 yavuyemo ibitego.
Kipson yatangarije Rwandamagazine.com ko ntakindi kibazo yigeze agirana na UKM FC uretse gusa ko ngo batumvikanye ku bijyanye n’amafaranga.
Naga World FC yayiherukagamo muri 2017. Yayikinnyemo amezi 9, ayitsindira ibitego 28 mu mikino 23.
Iyo uganiriye na Kipson akubwira ko Naga Wolrd ari imwe mu makipe yagiriyemo ibihe byiza haba mu kibuga ndetse no kwishimirwa n’ubuyobozi bwayo.
Ati " Nayigiriyemo ibihe byiza cyane. Ni imwe mu makipe nakiniye nkumva nyigiriyemo ibihe byiza ari nayo mpamvu kuhasubira bimeze nko gusubira mu rugo."
Kipson Atuheire yigeze kwambara umwenda w’Ikipe y’Igihugu, Amavubi mbere yo kwamburwa ubwenegihugu (uretse ko ubu yamaze kwandika yongera kubusaba) , akanakinira amakipe atandukanye yo mu Rwanda, ahava yerekeza muri Cambodge.
Kipson yakiniye amakipe anyuranye harimo SC Villa FC na Uganda Revenue Authority SC muri Uganda; APR FC, Police FC na Musanze FC mu Rwanda. Kuva mu 2015-2016 yahise yerekemza muri Shampiyona y’Icyiciro cya mbere muri Cambodge.
Yarahereye mu ikipe yitwa Preah Khan Reach Rieng FC (bita Svay Rieng FC) ayikinira imikino 15, ayitsindira ibitego 12 asoza ari uwa kabiri mu batsinze ibitego byinshi muri iki gihugu.
Nyuma yo gufasha iyi kipe kurangiza ku mwanya wa kane muri shampiyona akanayigeza ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’igihugu, uyu mukinnyi ukomoka muri Uganda ariko wakiniye Amavubi, yahise agurwa n’ikipe ya Naga World FC nayo yo muri iki gihugu. Yayivuyemo yerekeza muri UKM FC yo muri Malaysia ari nayo avuyemo asubira muri Naga Wolrd FC.
Cambodge iherereye ku mugabane wa Aziya mu Majyepfo ashyira i Burasirazuba. Gihana imbibi na Thaïlande, Laos na Vietnam.
NagaWorld FC yashinzwe muri 2001 yitwa NagaCorp FC, ihindurirwa izina muri Mutarama 2015. Ibarizwa mu murwa mukuru Phnom Penh. Yegukanye ibikombe bya Shampiyona inshuro 3: 2007, 2009 na 2018. Kuri ubu iri gukinisha abanyamahanga 4 barimo Atuheire Kipson, myugariro ukomoka muri Cote D’Ivoire , ukomoka muri Nigeria ndetse n’ ukomoka muri Turkey ariko ufite ubwenegihugu bwa Turkimnstan.
Kipson yamaze gusubira muri Naga Wolrd FC yongera kuyisinyira umwaka umwe
Abanyamahanga 4 nibo bakina muri Naga Wolrd FC
Muri 2017, Kipson yagiriye ibihe byiza muri Naga Wolrd FC ayitsindira ibitego 23 mu mikino 28
Kipson ubu ari muri Pre Season hamwe n’ikipe ya Naga Wolrd FC bari gukorera muri Thailand
















/B_ART_COM>