Aryoha asubiwemo:MU MAFOTO 100, Rayon Sports yanganyije na Kiyovu itsindira gukina CAF CONFEDERATION CUP

‎Ikipe ya Rayon Sports izahagararira u Rwanda mu mikino ya CAF Confederation Cup ya 2026 - 2027 nyuma yo kunganya na Kiyovu Sports igitego 1-1 mu mukino w’umunsi wa nyuma wa Shampiyona, wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 29 Gicurasi 2026.

‎‎Igitego cya Tonny Kitoga ku ruhande rwa Rayon Sports n’icya Nsanzimfura Keddy nibyo byatandukanyije impande zombi, bituma Gikundiro isoreza ku mwanya wa kane muri rusange, n’uwa kabiri mu makipe yo mu Rwanda, aho izabona miliyoni 60 Frw nyuma yo kwegukana umwanya wa kabiri. Izahabwa kandi ibihumbi 100 by’Amadolari (miliyoni 146 Frw) atangwa na CAF ku makipe yitabira amarushanwa Nyafurika.

‎Amahirwe yo gusohokera igihugu kuri Rayon Sports yari asigaye ku mukino yagombaga hukina n’Urucaca narwo rwari ruyafite igihe rwari gutsinda umukino. Gikundiro yaherukaga gusohoka mu mwaka w’imikino ushize wa 2025/2026, aho yasezerewe na Singida BS yo muri Tanzania mu ijonjora rya mbere rya CAF Confederation Cup.

‎Ikipe ya Kiyovu Sports yasoreje ku mwanya wa gatanu muri rusange, ndetse n’uwa gatatu mu makipe yo mu Rwanda, bikaba biteganijqe ko izabona miliyoni 40 Frw. Ni mu gihe iyi kipe yaherukaga gusohoka mu 2012 ubwo yasezererwaga na Simba SC yo muri Tanzania ibitayishobokeye uyu mwaka.

Isiaq yasezeye ku gusifura umupira w’amaguru

IZINDI NKURU
Ibitekerezo(0)
Tanga Igitekerezo