Aryoha asubiwemo:AMAFOTO 150 utabonye Rayon Sports inganya na Gorilla ikagera kuri Final ya Peace cup

Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Rayon Sports yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026 isezereye Gorilla FC muri 1/2 ku gitego cyo hanze nyuma yo kunganya 0-0 ku mukino wo kwishyura.

Ibi byabereye mu mukino wo kwishyura wabereye kuri Kigali Pele Stadium, utangira ku isaha ya Saa Kumi n’Ebyiri z’umugoroba. Ni umukino amakipe yerekanyemo umukino mwiza ariko iminota 45 y’igice cya mbere irangira amakipe yombi anganya 0-0.

Mu gice cya kabiri amakipe yombi yakoze impinduka zitandukanye ariko nacyo kirangira amakipe yombi akinganya 0-0, Rayon Sports ikatisha itike y’umukino wa nyuma isezereye Gorilla FC ku gitego cyo hanze yatsinze mu mukino ubanza warangiye banganya 1-1.

Ni umukino umunyezamu Kwizera Olivier yarishije umutima Aba-Rayons inshuro zirenze imwe, aho yafataga imipira agashaka kuyikinisha amaguru abakinnyi ba Gorilla FC bakajya kuyimwambura.

Umukino wa nyuma uteganyijwe tariki 23 Gicurasi 2026, aho Rayon Sports itegereje ikipe izakomeza hagati ya Etincelles FC na APR FC yatsinze ibitego 3-1 mu mukino ubanza, zikina uwo kwishyura kuri uyu wa Gatatu Saa Kumi n’Ebyiri z’umugoroba kuri Kigali Pele Stadium.

IZINDI NKURU
Ibitekerezo(0)
Tanga Igitekerezo