Amafoto yaranze imyitozo ya nyuma ya APR FC yitegura Amagaju FC

Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 20 Mata 2022, APR FC yakoze imyitozo ya nyuma yitegura umukino wo kwishyura izakiramo Amagaju FC muri 1/8 cy’Igikombe cy’Amahoro.

Iyi myitozo yayobowe n’umutoza Erradi Adil Mohammed ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu ku kibuga kiri i Shyorongi , yibanze ku mayeri azifashishwa mu mukino nyir’izina ku wa Kane.

Umukino wo kwishyura uteganyijwe ku wa Kane saa Cyenda, kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo.

APR FC izaba isabwa gutsinda cyangwa kunganya kugira ngo ibashe gukomeza muri ¼ aho izahura na Marines FC yasezereye Kiyovu Sports.

Umukino ubanza wabereye mu Karere ka Nyamagabe mu ntangiriro z’uku kwezi, warangiye APR FC itsinze igitego 1-0 cyinjijwe na Itangishaka Blaise ku munota wa gatatu.

Amafoto: APR FC

IZINDI NKURU
Ibitekerezo(0)
Tanga Igitekerezo