AMAFOTO 250 yaranze umukino Musanze FC yihanijemo Marines FC

Musanze FC yabonye amanota atatu ya mbere muri Shampiyona ya 2022/23 nyuma yo kwihaniza Marines FC ikayitsinda ibitego 3-1 ku wa Kabiri.

Hari mu mukino w’Umunsi wa Kabiri wabereye kuri Stade Ubworoherane y’Akarere ka Musanze.

Musanze FC yashakaga intsinzi ya mbere nyuma yo kubura amanota atatu ku munota wa nyuma ubwo yatsindwaga na APR FC ibitego 2-1 ku Munsi wa Mbere wakinwe mu kwezi gushize.

Peter Omondi yafunguye amazamu, atsindira Musanze FC igitego cya mbere ku munota wa 23 ari nako igice cya mbere cyarangiye.

Ku munota wa 48, Peter Agblevor yatsindiye Musanze FC igitego cya kabiri kiba n’icya kabiri ayitsindiye mu mikino ibiri nyuma y’icyo yatsinze APR FC ku mukino wa mbere wa Shampiyona.

Hashize isaha amakipe yombi akina, ku munota wa 60, ni bwo Ben Ocen yatsinze igitego cya gatatu cya Musanze FC kuri penaliti yakorewe kuri Namanda Luke Wafula.

Ku munsi wa gatatu wa shampiyona, Musanze FC byari biteganyijwe ko izahura na AS Kigali ariko uzaba umukino w’ikirarane kubera ko AS Kigali iri mu marushanwa Nyafurika.

Uko indi mikino yabaye kuri uyu wa kabiri yagenze:

 Gasogi Utd 1-1 Etincelles FC

 Rwamagana City 0-1 Rutsiro FC

 Sunrise FC 1-1 Gorilla FC

Habimana Yussufu, Ishimwe Jean Rene na Ndayisenga Ramadhan babanje ku ntebe ku ruhande rwa Marines

Abatoza ba Musanze FC binjira mu kibuga mbere y’umukino

Bamwe mu basimbura ba Musanze FC binjira mu kibuga

Dusabe Jean Claude, Nduwayezu Jean Paul na Kwizera Jean Luc ba Musanze FC

Rwasamanzi Yves (ibumoso) utoza Marines FC

Abasifuzi barangaje imbere abakinnyi

Umutoza wa Musanze FC, Frank Ouna na Maso umwungirije babanje gusuhuzanya n’abatoza ba Marines FC

Abakinnyi ba Musanze FC babanje mu kibuga: (Uhereye ku bahagaze ni: Muhire Anicet (15), Rulihoshi, Saddam, Valeur, Peter, Gad (c). Ab’imbere ni: Namanda, Ocen, Gad (umunyezamu), Patrick na Ombondi (17)

Abakinnyi ba Marines FC babanje mu kibuga

Ba Kapiteni b’amakipe yombi: Niyonshuti Gad na Gikamba Ismael bifotozanya n’abasifuzi

Intebe y’abatoza ba Marines FC ikurikiwe na Rwasamanzi Yves wungirijwe na Nshimiyimana Hamdouni

Abasimbura ba Marines FC

Abasimbura ba Musanze FC

Peter Agblevor acenga myugariro wa Marines FC

Niyijyinama Patrick atwara umupira Ngabonziza Guillain

Umunyezamu Ahishakiye Heritier atera umupira imbere

Victor Omondi yishimira igitego cya mbere cya Musanze FC cyabonetse mu gice cya mbere

Ben Ocen ajya gushimira Omondi nyuma yo gutsinda igitego

Namanda Luke Wafula, Victor Omondi na Ben Ocen bishimira igitego

Byari ibyishimo ku bakinnyi ba Musanze FC nyuma yo guhagurutsa abafana

Muhire Anicet na Omondi Victor bishimira igitego

Team Manager wa Musanze FC, Nimurora Japhet ’Drogba’ abwira Nduwayo Valeur na Kapiteni Gad uko babyitwaramo kugira ngo bakomeze kurusha Marines FC

Umutoza Rwasamanzi Yves areba uko ikipe ye iri gukina

Umutoza wa Musanze FC, Frank Ouna, ategereje ko ikipe ye ibona igitego cya kabiri

Nshimiyimana Maurice ’Maso’ aganira n’umutoza mukuru Ouna

Perezida wa Musanze FC, Tuyishimire Placide, yari yaje gushyigikire ikipe ye

Meya w’Akarere ka Musanze, Ramuli Janvier, yaje gushyigikira ikipe mu mwambaro w’abafana

AMAFOTO: RENZAHO Christophe

IZINDI NKURU
Ibitekerezo(0)
Tanga Igitekerezo