AMAFOTO 200:Rutsiro yabujije Gasogi United kongera gufata umwanya wa mbere

Kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Gashyantare 2023, Gasogi United yanganyije na Rutsiro FC 2-2 bituma idafata umwanya wa mbere yari kuraraho mu gihe yari kuba itsinze uyu mukino.

Hari mu mukino w’umunsi wa 19 wa Shampiyona wabereye mu Bugesera guhera saa cyenda z’umugoroba.

Djoumeku Maxweel niwe wafunguye amazamu , atsinda Gasogi United igitego cya mbere yatsindishije umutwe. Ku munota w’inyongera w’igice cya mbere, Jules Watanga Shukuru yishyuriye Rutsiro FC ku gitego cyiza cyane yatsinze ku ishoti, igice cya mbere kirangira ari 1-1.

Niyongira Danny winjiye asimbuye niwe watsinze igitego cya kabiri cya Gasogi United ku munota wa 63. Ku munota wa 81, Gakuru Matata yatsindiye Rutsiro FC igitego cyo kwishyura kuri penaliti yari ikorewe kuri Kwizera Eric.

Kunganya uyu mukino byatumye Gasogi United igira amanota 36, iguma ku mwanya wa kabiri ikurikiye APR FC ifite amanota 37 ariko ikaba itarakina umukino w’umunsi wa 19 izakiramo Rayon Sports i Huye.

Rutsiro yo yahise igira amanota 18 iguma ku mwanya wa 13.

Urutonde rw’agateganyo

Rulisa Patience wamaze guhabwa ’badge’ y’umusifuzi mpuzamahanga, niwe wasifuye uyu mukino

11 Rutsiro FC yabanje mu kibuga

11 Gasogi United yabanje mu kibuga

Maxwell Djoumekou wari wagoye cyane Rutsiro FC akanabatsinda igitego

Hakim Amissi mu kazi

Matata watsinze igitego cya kabiri cya Rutsiro FC yari yabanje hanze

Jules watanga watsindiye Rutsiro FC igitego cya mbere

Bukuru wamaze kugera muri Rutsiro FC, yari yabanje hanze

Abafana bari baherekeje Rutsiro FC

Kevin Ishimwe winjiye asimbuye

Maxwell mu kazi

Niyongira Danny watsindiye Gasogi United igitego cya kabiri

Umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu , Amavubi yarebye uyu mukino ari kumwe n’umwungiriza we

Mutabaruka, ukuriye abafana ba Gasogi United

Kayonga Stephen, Visi Perezida wa Gasogi United

Ndagijimana Emmanuel, umwe mu bafana bakomeye ba Gasogi United

KNC, Perezida wa Gasogi United

Hadji Youssuf, Perezida wa Gorilla FC

Nsanzineza Ernest, Perezida wa Rutsiro FC

Uwamahoro Thadee, Visi Perezida wa Rutsiro FC

Marion Gafurama ni uku yawurebye

Uko Kwizera Erci yakoreweho Penaliti yavuyemo igitego cya kabiri cya Rutsiro

Jules Watanga wazonze Gasogi United , akanayitsinda igitego cyiza

Sasha, umutoza wungirije wa Gasogi United yageze aho ariheba

Ndagijimana na KNC bihanganishije abakinnyi nyuma yo kunanirwa gutsinda Rutsiro FC ngo barare ku mwanya wa mbere

PHOTO:RENZAHO CHRISTOPHE

IZINDI NKURU
Ibitekerezo(0)
Tanga Igitekerezo