Agahinda kenshi ku mbaga yasezeye bwa nyuma kuri Katauti – AMAFOTO

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Ugushyingo 2017 nibwo Ndikumana Hamad Katauti wari usanzwe ari umutoza wungurije muri Rayon Sports yasezeweho bwanyuma ndetse anashyingurwa mu irimbi ry’i Nyamirambo.

Hamad Katauti yapfuye urupfu rutunguranye mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri rishyira ku wa Gatatu. Nta ndwara n’imwe yari arwaye ndetse ngo ntanirwara itungurana yari asanzwe arwara. Byageze ku isaha ya saa munani z’ijoro araremba ari nabwo bahamagaje Mugemana, umuganga mukuru wa Rayon Sports agezeyo bamujyana kwa muganga , apfira mu nzira bataramugeza ku kigo Nderabuzima cya Rwampara aho bari bamubanje ngo bamusuzume.

Mu masaha ya saa munani z’amanywa nibwo Katauti yasezeweho bwa nyuma mu rugo aho yari asanzwe atuye munsi ya Stade Regional. Ni umuhango witabiriwe n’abantu banyuranye barimo Perezida wa Rayon Sports, Muvunyi Paul, Visi Perezida Gacinya Chance Denis, Muhire Jean Paul , umubitsi wayo ndetse n’abandi banyuranye bahoze mu buyobozi bucyuye igihe. Abakinnyi ba Rayon Sports, abafana bayo, abafana b’andi makipe anyuranye, abakinnyi ba Musanze FC Katauti yahoze atozamo umwaka ushize nabwo ari umutoza wungirije n’abandi banyuranye bari muri uyu muhango.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Isaac Munyakazi, Kayiranga Vedaste, Visi Perezida wa FERWAFA, Bugingo Emmanuel, Umuyobozi ushinzwe iterambere rya siporo muri MINISPOC n’abandi bayobozi banyuranye bo mu nzego za Leta nabo batabaye umuryango wa Katauti.

Kujya kumusengera mu Mugiti wo kwa Kadafi byabaye nkibitinda kuko hari hagitegerejwe umuryango we waturutse mu Burundi. Saa kumi n’imwe n’iminota itanu nibwo umuryango wa Katauti wari uturutse mu Burundi wageze mu rugo, bamusezeraho, nyuma umubiri uhita ujyanwa gusengerwa bwanyuma mu musigiti ahazwi cyane nko kwa Kadafi.

Ahagana mu masa kumi n’ebyiri n’igice nibwo umubiri wa Katauti washyinguwe mu irimbi ryo mu Rugarama aho abayisilamu bashyingura i Nyamirambo.

Imodoka yazanye umubiri

Imbaga y’abantu yari yaje kumuherekeza

Bazanye umubiri we mu rugo ngo inshuti n’abavandimwe bawusezeraho bwanyuma

Muvunyi Paul , Perezida wa Rayon Sports yari muri uyu muhango

Murenzi Abdallah wigeze kuyobora ikipe ya Rayon Sports

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Isaac Munyakazi na we yaje kwifatanya n’aba-Sportifs muri rusange guherekeza Katauti

Muhire Jean Paul, umubitsi wa Rayon Sports

Pierrot, Diarra na Tidiane Kone bari baje gusezera bwanyuma ku mutoza wabo

Gakwaya , Gacinya na Vedaste , Visi Perezida wa FERWAFA

Martin Rutangambwa

Thierry Hitimana bakinanye na Katauti muri Rayon Sports, bakinana no mu ikipe y’igihugu…Ni umwe mubo banabanaga mu cyumba iyo babaga bagiye mu Mavubi

Umuganga wungirije wa Rayon Sports

Kari agahinda kenshi ku bari baje guherekeza bwanyuma Ndikumana Katauti Hamad

Maman wa Katauti yarize cyane ubwo yageraga aho umwana we yari atuye

Yannick Mukunzi byamunaniye kwihangana ...asuka amarira

Abagore bajya kumusezera...bo baguma mu rugo , ntabwo bajya bajya ku irimbi

Nkunzingoma Ramazani utoza abazamu na we kwihangana byamunaniye

Abafana b’andi makipe nabo bari baje guherekeza Katauti wakiniye n’ikipe y’igihugu igihe kirekire

Ndayishimiye Eric Bakame ku murongo ajya gusezera bwanyuma kuri Katauti

Mutsinzi Ange, myugariro wa Rayon Sports

Mugisha Gilbert, rutahizamu wa Rayon Sports

Faustin Usengimana, myugariro wa Rayon Sports

Habimana Yussuf umaze igihe yaravunitse na we yari ahari

Nyandwi Saddam, myugariro wa Rayon Sports

Bimenyimana Bon Fils Caleb

Manzi Thierry

Abakinnyi ba Musanze FC Katauti yatozaga umwaha ushize nabo baje kumusezeraho

Lomami Frank wahoze akinira Rayon Sports...ubu akina muri Musanze FC

Wai Yeka

Umuyobozi wa Azam TV Rwanda

Van Damme(i buryo) ukuriye abafana ba Police FC na we yari yaje kwifatanya nabaherekeje Katauti

Umugore wa Karekezi na we yaje gufata mu mugongo umuryango wa Katauti

Rule ukinira Musanze FC hamwe na Shasir ukinira Rayon Sports

Gakwaya Olivier (i bumoso) na Mugemana, umuganga mukuru wa Rayon Sports

Claude Muhawenimana (i bumoso), ukuriye abafana ba Rayon Sports n’abafana b’Amavubi ndetse na Minani Hemed ukuriye abafana ba Kiyovu Sports ndetse akaba n’umwungiriza mu bafana b’Amavubi

Francis (i buryo) ukinira Kiyovu Sports na we yari ahari

Umutoza wungirije wa Kiyovu Sports

Minani Hemed aganira n’abafana ba Rayon Sports

Nkundamatch w’i Kilinda

Bajyanye umubiri we kuwusengera bwa nyuma ku musigiti wo kwa Kadafi

Kuva mu rugo ugana ku musigiti bagendaga n’amaguru kuko ariko bigenda mu idini ya Islam

Kari agahinda kuri Papa wa Katauti

Imodoka ubwo yari imukuye ku Musigiti amaze gusengerwa bwa nyuma

PHOTO:RENZAHO CHRISTOPHE

IZINDI NKURU
Ibitekerezo(3)
  • Schadrack

    Nibihangane mwisi nuko bimera

    - 15/11/2017 - 22:21
  • ######

    mwakozecyane Iman inwakire mubayo

    - 16/11/2017 - 04:06
  • ######

    Yooooo rip

    - 16/11/2017 - 07:56
Tanga Igitekerezo