Tanzania: Umutegetsi yirukaniwe ibyo yatangaje ku mbuga nkoranyambaga

Umukozi wa leta ya Tanzania yirukanwe ku kazi nyuma yo kwifashisha imbuga nkoranyambaga akamagana ishyirwaho ry’amafaranga (umusoro) (u)asabwa mu kohererezanya amafaranga kuri telefone zigendanwa, ubu buzwi nka ’mobile money’.

Jonas Afumwisye, wari umuyobozi ku rwego rw’akarere mu kigo cya Tanzania cyo gutwara abagenzi muri gariyamoshi, yemeje ko yakiriye ibaruwa yo kumwirukana, nkuko bitangazwa n’ikinyamakuru The Citizen cyo muri icyo gihugu.

Yavuze ko azajurira mu kanama k’abakozi ba leta.

Iyo baruwa ivuga ko yarenze ku itegeko rigenga abakozi ba leta ryo mu mwaka wa 2003.

Ntibiramenyekana urubuga nkoranyambaga uwo mutegetsi yakoresheje, kuko ibaruwa imwirukana ivuga gusa ku mbuga nkoranyambaga.

Mu byo yatangaje ku mbuga nkoranyambaga, Afumwisye anashinjwa kwamagana ibikorwa bya leta byo gukingira, no gusebya Perezida Samia Suluhu.

Tumaini Nyamhokya, umukuru w’urugaga rurengera inyungu z’abakozi, yavuze ko uru rugaga rwamagana iyirukanwa ry’uyu mukozi kuko afite uburenganzira bwo kuvuga igitekerezo cye, nkuko bitangazwa na The Citizen.

Mu gihe cyashize, Tanzania yanenzwe kubera igabanuka ry’ubwisanzure no kwibasira abatavuga rumwe na leta.

BBC

IZINDI NKURU
Ibitekerezo(0)
Tanga Igitekerezo