Ethiopia – Tigray: Abongereza basabwe kuhava kubera ubwoba bwuko intambara yafata indi ntera

Ubwongereza bwaburiye Abongereza bari muri Ethiopia kuhava mu gihe hari ubwoba ko intambara irimo gukara kurushaho.

Leta y’Ubwongereza irimo no kugira inama abaturage bayo kwirinda gukora ingendo zerekeza muri Ethiopia.

Ivuga ko imirwano imaze umwaka umwe hagati y’ingabo za leta ya Ethiopia n’inyeshyamba zo muri Tigray ishobora gufata indi ntera mu buryo bwihuse kandi nta nteguza nini ibayeho.

Ntibiramenyekana umubare nyawo w’Abongereza bari muri icyo gihugu, ariko abategetsi bavuga ko abashaka kuhava bagera mu magana.

Hari ibikorwa byinshi byo mu rwego rwa dipolomasi birimo gukorwa mu buryo bwihuse mu kugerageza gusoza iyi ntambara imaze guhitana abantu babarirwa mu bihumbi, nkuko bivugwa n’umunyamakuru wa BBC James Landale ukurikiranira hafi ibya dipolomasi.

Inyeshyamba zateye intambwe mu mirwano n’ingabo za leta ya Ethiopia, ndetse hari ubwoba ko zishobora kugera mu murwa mukuru Addis Ababa.

Mu itangazo, ibiro by’ububanyi n’amahanga by’Ubwongereza (FCDO) byavuze ko bishoboka ko mu minsi iri imbere bizagorana kurushaho kuva muri Ethiopia, bigira inama Abongereza kuva muri icyo gihugu "mu gihe uburyo bw’ingendo z’indege z’ubucuruzi bugihari".

Byongeyeho biti: "Mu gihe uko ibintu bimeze mu rwego rwa politiki cyangwa mu rwego rw’umutekano byaba bikomeje kuba bibi kurushaho, Ambasade y’Ubwongereza ishobora kugabanya mu bufasha ishobora gutanga. Ntiwizere ko FCDO izashobora kuguhungisha mu gihe byaba bikomeye".

Ibi biro by’ububanyi n’amahanga byanaburiye kwirinda gukora ingendo ahandi hantu aho ari ho hose mu gihugu - keretse ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya ’Addis Ababa Bole International Airport’, kigifunguye ku ngendo z’indege zihahagarara gato zigikomeje urugendo.

Umuryango w’abibumbye (ONU/UN) waburiye ko Ethiopia iri mu byago byo kwerekeza mu ntambara mu gihugu hose, mu gihe imirwano mu karere ka Tigray yaba idahagaze.

Intambara yatangiye ku itariki ya 4 y’ukwezi kwa 11 mu mwaka wa 2020, ubwo Minisitiri w’intebe wa Ethiopia Abiy Ahmed yategekaga ingabo za leta kugaba igitero ku ngabo z’akarere ka Tigray mu majyaruguru.

Yavuze ko yabikoze mu kwihimura ku gitero cyari cyagabwe ku kigo cya gisirikare cy’ingabo za leta ya Ethiopia cyo muri ako karere.

Uko kwiyongera kw’ubushyamirane kwabaye nyuma y’amezi yari ashize hari amasinde hagati y’ubutegetsi bwa Bwana Abiy n’abakuru b’ishyaka rikomeye ryo muri Tigray rya Tigray People’s Liberation Front (TPLF) ryari ku butegetsi muri ako karere.

Mu gihe cy’imyaka hafi 30, TPLF yari izingiro ry’ubutegetsi bwa Ethiopia, mbere yuko ishyirwa ku ruhande na Bwana Abiy, wagiye ku butegetsi mu 2018 nyuma y’imyigaragambyo yo kwamagana leta.

Bwana Abiy yakoze amavugurura, ariko ubwo akarere ka Tigray kagaragazaga ko katayakozwa, ubushyamirane muri politiki bwaje kuvamo urugomo.

Leta ya Ethiopia ivuga ko TPLF ari umutwe w’iterabwoba, ariko TPLF yo ivuga ko ari yo leta y’akarere ka Tigray yemewe n’amategeko.

Mu cyumweru gishize, leta ya Ethiopia yasabye abaturage ba Addis Ababa kwishyira hamwe bakarinda aho batuye, mu gihe inyeshyamba zarimo zerekeza kuri uwo mujyi.

BBC

IZINDI NKURU
Ibitekerezo(0)
Tanga Igitekerezo