Umusore arashinjwa kwiyoberanya ngo akorere ikizami umukunzi we

Umunyeshuri wa kaminuza muri Sénégal ari mu bibazo ashinjwa ko yiyoberanyije akigira nk’umugore kugira ngo akorere umukobwa bakundana ikizamini cy’Icyongereza gisoza amasomo.

Amashusho agaragaza Khadim Mboup yambaye imyenda nk’iy’abagore ateze n’igitambaro mu mutwe, yahererekanyijwe ku mbuga nkoranyambaga anagarukwaho mu bitangazamakuru byo muri Sénégal.

Uyu munyeshuri w’imyaka 22 watawe muri yombi mu mpera y’icyumweru gishize, yavuze ko yabikoze gusa "kubera urukundo" kuko umukunzi we yagorwaga n’Icyongereza, nkuko ibitangazamakuru byaho bibivuga.

Ku wa mbere yagejejwe mu rukiko aregwa kwiba umwirondoro w’undi muntu ndetse no gukora uburiganya mu kizamini, hamwe n’uwo mukobwa bakundana warezwe ubufatanyacyaha.

BBC

IZINDI NKURU
Ibitekerezo(0)
Tanga Igitekerezo