Ni iki gitera umugabo kugira intanga nkeya ku buryo byatuma atanabyara ?

Muri iki gihe abagabo benshi bagira ibibazo bitandukanye mu bijyanye n’imyororokere. Ni kenshi uzabona abantu batabyara, bajya kwa muganga bagasanga umugabo nta ntanga ngabo zihagije afite ibyo bita ’Low Sperm count’.

Iki ni ikibazo gihangayikisha ndetse kikaba cyakurura amakimbirane hagati y’abashakanye.Ubushakashatsi bugaragaza ko kimwe cya kabiri mu bitera abashakanye kutabyara,ari ukutagira intanga zihagije ku bagabo.

Muri iyi nkuru rero tugiye gusobanukirwa byinshi kuri iki kibazo ndetse n’ubufasha.

Ni ryari bavuga ko intangangabo ari nkeya ?

Nkuko tubikesha umuryango mpuzamahanga wita ku buzima (World Health Organization),bavuga ko intanganga ngabo ari nkeya iyo ziri hasi ya miliyoni 15 muri millilitiro y’amasohoro (below 15 millions sperm per milliliter of semen).

Dore ibishobora gutera iki kibazo ku bagabo

Ni byinshi bishobora gutera kugabanyuka kw’intanga ngabo,ubuzima tubamo, imihindagurikire y’ikirere, indwara zitandukanye,…
Nkuko tubikesha urubuga positivemed, Muri byo bavugamo nka:

- Ibiyobyabwenge nka cocaine cyangwa marijuana
- Kunywa inzoga cyane
- Kumara igihe kinini kuri za mudasobwa
- Kwicara igihe kinini cyane,nk’abashoferi bicara igihe kinini cyane
- Kunywa itabi
- Stress ndetse n’umunaniro
- Umubyibuho ukabije
- Uburwayi butandukanye nka: Indwara zifata prostate, Ibibyimba bifata udusabo tw’intanga, kwangirika k’udusabo tw’intanga ,infections ndetse n’indi miti imwe n’imwe,…

Dore rero ubufasha ku bagabo bafite iki kibazo cyo kugira intanga ngabo nkeya

Ni byiza kwirinda ibintu byose byatuma intangangabo zidakorwa neza, gusa nanone hari abagabo baba barasanze bafite icyo kibazo cyo kugira intanga nkeya,ubu rero habonetse imiti ndetse n’inyunganiramirire z’umwimerere zifasha gukorwa kw’intangangabo zuzuye kandi zimeze neza,iyo miti n’inyunganiramirire birizewe ku rwego mpuzamahanga,kuko bifite ubuziranenge butangwa n’ibigo bikomeye nka Food and Drug Admnistartion (FDA).Muri zo twavugamo nka: Vig Power Capsule ,Zinc tablets, Vitamin E capsule, Garlic oil Capsules, Multivitamin Capsules, …Nta ngaruka bigira ku muntu wabikoresheje.

Uramutse ukeneye ubu bufasha,wagana aho HORAHO Life ikorera mu mugi wa Kigali,mu nyubako yo kwa RUBANGURA, muri etaji ya 3 mu muryango wa 302 na 301.Ushobora no kubahamagara kuri numero 0785031649 / 0788698813 ku bindi bisobanuro.

PT Jean Denys

IZINDI NKURU
Ibitekerezo(0)
Tanga Igitekerezo