Ibihumbi byitabiriye igitaramo cy’amateka cya Buravan - AMAFOTO

Abantu babarirwa mu bihumbi nibo baraye bitabiriye igitaramo cy’amateka cyakozwe na Yvan Buravan ubwo yamurikaga album ye ya mbere yise The Love Lab.

Hari mu gitaramo cyabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu tariki 1 Ukuboza 2018. Cyabereye muri Camp Kigali.

Saa tatu zuzuye nibwo Buravan yinjiye bwa mbere ku rubyiniro mu mwambaro w’abakora muri Labolatoire hamwe n’abari kumwe nawe. Abantu bose bari mu ihema rya Camp Kigali bari bahagurutse ubona batewe amatsiko n’ibiri bukurikire.

Buravan yahereye ku ndirimbo yise ’Majunda’ ari nayo ya mbere yashyize hanze ubwo yatangiraga muzika mu myaka n’igice ishize. Yanaririmbye kandi Si Belle’ , ’Heaven,’ ’Bindimo,’ n’iyitwa ’Malaika’. Buravan kandi yaririmbye indirimbo zirimo n’izitarasohoka nka ’Oroha’ yakoranye na Charly & Nina ndetse na ’Canga irangi’ yakoranye na Active.

Uretse abahanzi bakizamuka, Charly & Nina, Active na Uncle nibo bafashije Yvan Buravan mu kumurika Album ye.

Muri iki gitaramo, Yvan Buravan yagaragaje ko ari mu bakunzwe cyane mu Rwanda muri iki gihe ndetse byahamijwe n’ubwitabire bwagaragaye mu gitaramo cye. Olivier Nduhungirehe, umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga ni umwe mu banyacyubahiro bacyitabiriye.

Burabyo Michael na Uwikunda Elizabeth , ababyeyi ba Yvan Buravan nabo bari mu bitabiriye iki gitaramo ndetse se wa Buravan yamusanze ku rubyiniro ari na we Buravan yavuze ko akomoraho inganzo.

Dushime Burabyo Yvan ukoresha mu muziki amazina ya Yvan Buravan yakoze iki gitaramo nyuma y’uko aherua kwegukana irushanwa ry’umuziki ya ‘Prix Decouverte 2018’, ritegurwa na Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI).

Abantu bari benshi cyane

Buravan n’abamufashije bahaye ibyishimo bisesuye abitabiriye iki gitaramo

Asinah yagiriye ibihe byiza muri iki gitaramo

Shaddy Boo na we yabyinnye biratinda

Uyu mukino ushushanya ’love lab’ yamurikwaga washimishije cyane abitabiriye iki gitaramo

Gahongayire na Masamba bari baje gushyigikira Yvan Buravan

Olivier Nduhungirehe , Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba n’umuryango we

Maman wa Buravan yari yaje kumushyigikira

Se wa Buravan yamusanze ku rubyiniro aramufasha

Byari ibyishimo bisesuye

PHOTO:Muzogeye Plaisir/ Kigali Today

IZINDI NKURU
Ibitekerezo(0)
Tanga Igitekerezo