Rwarutabura yarijijwe n’ibyishimo ubwo ikipe ye yakabakabaga igikombe….AS Kigali 0-1 Rayon Sports MU MAFOTO 80

Ikipe ya Rayon Sports ikomeje kuguma mu murongo mwiza wo gutwara igikombe cya shampiyona nyuma yo gutsinda AS Kigali igitego 1-0 mu mukino w’ikirarane waberaga kuri sitade ya Kigali kuri uyu wa Gatandatu.

Ku munota wa 38’ w’umukino nibwo myugariro Manzi Thierry yahagurukije abafana ba Rayon Sports nyuma yo kwinjiza igitego cyayoboye umukino ukarinda urangira.

Nyuma y’uyu mukino, Rayon Sports yakomeje kuyobora urutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona aho ifite amanota 49, APR FC igakurikiraho n’amanota 41, mu gihe Rayon Sports isigaje umukino umwe w’ikirarane izahuramo na Sunrise FC. Iramutse itsinze ikirarane cya 3, Rayon Sports yaba irusha APR FC iyikurikira amanota 11, kikaba cyaba ari ikinyuranyo gikomeye cyafasha Rayon Sports kuba yaba iri kurushaho gushimangira kwegukana igikombe cya shampiyona y’uyu mwaka.

Nyuma y’umukino wahuje AS Kigali na Rayon Sports, haba abakinnyi ndetse n’abatoza ba Rayon Sports, bagaragazaga ibyishimo byinshi. Ibi ninako byari bimeze ku ruhande rw’abafana , by’umwihariko ku mufana Rwarutabura wamaze iminota igera kuri 5 arira amarira y’ibyishimo kubera intsinzi y’uyu munsi yatumye ikipe ye ikomeza gukabakaba igikombe cya shampiyona.

MU MAFOTO, UKU NIKO BYARI BYIFASHE MU KIBUGA

Umupira si intambara...Evariste, nyezamu wa Rayon Sports arasuhuzanya na Mubumbyi Bernabe wa AS Kigali , mbere y’uko umukino utangira

Abatoza bombi nabo babanje kuganira mbere y’umukino

Abakinnyi ba Rayon Sports bajya inama mbere y’umukino

Ku rundi ruhande , AS Kigali nayo irajya inama

AS Kigali yatangiye igerageza kugumana umupira kurusha Rayon Sports

Mu minota ya mbere, AS Kigali yanyuzagamo ikabona Coup Franc zashoboraga kuvamo ibitego

Kayumba Soter, kapiteni wa AS Kigali ku mupira

Ntabwo wari umukino woroshye

Kodo ntakiri umukinnyi muri AS Kigali ahubwo asigaye ari umwe mu batoza

Kodo agira inama abakinnyi ba AS Kigali

Hagati mu mibiga, bahanganiye umupira

Nibi bibaho mu kibuga

Mu kirere naho barahahanganira

Pierrot na Sefu hagati mu kibuga

Pierrot ku mupira hagati mu kibuga.... nk’ibisanzwe niwe wari urufunguzo rw’umukino ku ikipe ya Rayon Sports

Uyu niwo bita umutego w’umuranduranzuzi

Ikiganiro hagati cya Thierry na Kevin mbere ya Coup Franc yavuyemo igitego...’Umva Kevin!umupira uwushyire ku mutwe ubundi nkwereke uko intama zambarwa

Cyagezeemoooo

Thierry ashimira Kevn wamuhaye umupira wavuyemo igitego

Pierrot ashimira Manzi Thierry ku gitego yari amaze gutsinda

Buri wese amaso aba ayahanze aho umupira werekeza

Abafana ba Rayon Sports bari baje ari benshi

Aba nibo bari baje gufana AS Kigali

Nova Bayama ku mupira

Muhire Kevin witwaye neza muri uyu mukino

Bate Shamiru, nyezamu wa AS Kigali yanyuzagamo agakuramo imipira ikomeye

Tidiane Kone yitegura kujya mu kibuga, abanza kumva amabwiriza y’umutoza we Masoudi Djuma

Yahise atangira akazi

Manzi Thierry watsinze igitego cyatandukanyije amakipe yombi

Nubwo ikipe yabo yari yatsinze igitego, abafana bakurikiraga umupira bibaza niba AS Kigali itari bucyishyure

Abenshi baba bareba umupira, banawumva kuri Radio

’Bwana Masoudi Djuma , subira inyuma dore warenze ahagenwe guhagarara’...Arbitre nyihanganira mbabwire andi mayeri dore iminota igeze ahakomeye

Eric Nshimiyimana ntako atagize

Cyubahiro Janvier wa AS Kigali agerageza kurwanira umupira

Moussa Camara ukigowe no kongera gutsinda ibitego

Manishimwe Djabel winjiye mu kibuga asimbuye Muhire Kevin

Uyu mufana aritegereza abakinnyi ba Rayon Sports bari bamaze kwegukana amanota 3

Masoudi Djuma yipfuka mu maso ubwo umukino wari ukirangira kubera ibyishimo

Eric Nshimiyimana utoza AS Kigali, ntiyari yishimye habe na mba

Mwihangane sha!

Nk’uko bisanzwe, nyuma y’umukino, abafana ba Rayon Sports bashimiye abakinnyi

Byari ibyishimo ku bakinnyi Rayon Sports

...no ku ruhande rw’abafana byari uko...

Allo! Allo, noneho uzongera kujya impaka?Igikombe turagitwaye, izuba riva!Dushyizemo ikinyuranyo cy’amanota 8 yose! Umukeba ntiyabasha kuyakuramo ahubwo tuzayongeraho andi....

Rwarutabura ntiyabyumvaga neza

Rwarutabura yerekana ko Imana ariyo ibikoze

Amarira y’ibyishimo yamuzenganga mu maso

Kubaka izina si umukino...mu gihe Rwarutabura yari atarashira impumu, abandi bamwifotorezagaho

Rwarutabura ashimira Imana

PHOTO:RENZAHO CHRISTOPHE/ Rwandamagazine.com

Inkuru bijyanye:


Manzi Thierry yafashije Rayon Sports gukoza imitwe y’intoki ku gikombe- AMAFOTO

IZINDI NKURU
Ibitekerezo(1)
  • Faustin

    sha igikombe nicyacu.aba basore bakoze.

    - 26/03/2017 - 07:00
Tanga Igitekerezo