Mu mukino wa gishuti wahuje Rayon Sports na AS Kigali zizasohokera u Rwanda mu marushanwa nyafurika, Rayon Sports yatsinze 1-0 cya Michael Sarpong ku mupira yaherejwe neza na Oumar Sidibe uheruka kuza muri iyi kipe.
Ni umukino wabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 2 Kanama 2019 kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo guhera saa kumi n’ebyiri n’igice z’umugoroba. Rayon Sports iri kwitegura Al Hilal zizahura mu ijonjora ry’ibanze rya Total CAF Champions League naho AS Kigali ikaba iri kwitegura KMC yo muri Tanzania bizahura muri CAF Confederation Cup.
Rayon Sports yabonye uburyo butatu bukomeye bwabonetse mu gice cya mbere, ariko igorwa n’uwahoze ari umunyezamu wayo, Ndayishimiye Eric ‘Bakame’ wavanyemo imipira ibiri yatewe na Bizimana Yannick.
Ubundi buryo bukomeye cyane ku ruhande rwa Rayon Sports ni ishoti rikomeye ryatewe na Iranzi Jean Claude ku munota wa 5 ukubita ku giti cy’izamu ugaruka mu kibuga.
Igitego kimwe rukumbi nicyo cyatandukanyije impande zombi gitsinzwe na Michael Sarpong ku munota wa 80, ku mupira yaherejwe neza cyane na Sidibe witwaye neza nubwo yinjiye asimbuye.
Biteganyijwe ko Rayon Sports izakina undi mukino wa gicuti ku Cyumweru ihura na Villa SC mu gihe AS Kigali na yo izakina n’iyi kipe yo muri Uganda ku wa Kabiri w’icyumweru gitaha.
Perezida w’icyubahiro wa Rayon Sports, Paul Muvunyi yarebye uyu mukino
Maitre Freddy wahoze ari Visi Perezida wa Rayon Sports
I Bumoso hari Munyakazi Sadate, Perezida wa Rayon Sports, i bumoso ni Thadee Twagirayezu, Visi Perezida wa Rayon Sports
Perezida wa AS Kigali yarebye uyu mukino
11 Rayon Sports yabanje mu kibuga
11 AS Kigali yabanje mu kibuga
Robertinho yatozaga umukino wa mbere imbere y’imbaga y’abafana kuva yagaruka muri Rayon Sports, undi yatoje wabereye mu Nzove, ikipe ye ikina na Giti cy’Inyoni yo mu cyiciro cya kabiri
Wari umukino wa mbere ku mutoza mushya w’abanyezamu ba Rayon Sports, Hannington Kalyesubula
Sidibe wakoranye imyitozo rimwe na bagenzi be, yari yabanje hanze
Abakinnyi bashya ba AS Kigali yari yababanje hanze harimo na Haruna Niyonzima
Sarpong wongeye kwigaragaza nka rutahizamu ukomeye
Bakame yahuraga n’ikipe yahoze abereye Kapiteni mbere yo kwerekeza muri Kenya,...yakinnye igice cyambere gusa kubera imvune y’ikirenge
Yasohotse mu kibuga aganira na Sarpong
Yahise yicara ku ntebe y’abasimbura , aha umwanya Bate Shamiru
Sidibe mbere y’uko asimbura
Bate Shamiru yabonye umupira ugana mu rushundura nyuma y’uko Sarpong yari amaze kuwukaragana ubuhanga
Abakinnyi ba Rayon Sports bishimira igitego cya Sarpong
Kamayirese Jean D’Amour (i bumoso) ushinzwe imyinjirize ku mikino Rayon Sports yakiriye
Jimmy Mulisa wamaze gutandukana na APR FC nk’umutoza wayo, yarebye uyu mukino
King Bernard, CEO wa Rayon Sports
Munyabagisha Valens ukuriye Komite Olempike (i buryo) na Komezusenge Daniel, umunyamabanga wa AS Kigali
Lomami Marcel, umutoza wa Gasogi United
Kazungu Claver, umuvugizi wa APR FC
Prosper Muhirwa (i bumoso ) na Martin Rutagambwa
Ishimwe Claude, umusifuzi wo mu cyiciro cya mbere
Umuraperi Khalifan ni umwe mu bahanzi bakunda Rayon Sports kandi bakunda kudasiba imikino yayo
Abafana bari benshi kuri Stade
Ibirambuye kuri uyu mukino biri kongerwa mu nkuru
Habimana
Ni byiza kabisa.ikipe yacu nimara kumenyerana izabikora.ese Sarpong nukuberiki yakinnye apfutse nimero ku ikabutura?
Mukasekuru
Mwabikoze neza courage!
Ndaberetse Abdou
Nizikosore kbsa
######
Turashima uru rubuga rwanyu ruri update kabisa
Mashyaka Emmanuel
Ikipe yacu rayon Izabikora ndabizi kd Imana iradushyigikiye KBS
Darius
Inkuru niyi kbs
Muhoza Eric
Rayon Sport forever,
Courage ngabo zacu muratunezeza
bikorimana samuel ukabari
Andika ubutumwarayon izamara udukip ndabarahiy 2
Niyomukiza donatien
Kbx congx kur rayon kbx