MU MAFOTO, Rayon Sports yatsinze Sunrise FC

Ikipe ya Rayon Sports yatsinze Sunrise 2-1 mu mukino w’umunsi wa 3 wa Shampiyona , Azam Rwanda Premier League 2018/2019. Muri uyu mukino, Caleb yahawe ikarita itukura nyuma yo gukubita umugeri umufana wari winjiye mu kibuga.

Ni umukino wabaye kuri uyu wa Kane tariki 1 Ugushyingo 2018 i Nyagatare ku kibuga Sunrise FC isanzwe yakiriraho imikino. Umunya Ghana, Michel Sarpong, yakiniraga Rayon Sports umukino wa mbere nyuma yo kubona ibyangombwa muri iki cyumweru. Ndayisenga Jean D’Amour bakunda kwita Mayor yakinaga bwa mbere ahura na Rayon Sports yahoze akinamo umwaka ushize.

Sunrise FC yakinnye uyu mukino idafite rutahizamu Baboua Samson wahawe ikarita itukura mu mukino baheruka gukina.

Tariki 6 Kanama 2018 nibwo aya makipe yaherukaga gukinira umukino kuri iki kibuga. Hari muri 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro. Icyo gihe Sunrise FC yatsinze Rayon Sports 2-1 mu mukino wari urimo ishyaka, ubushyamirane n’imirwano.

Rayon Sports niyo yinjiye neza mu mukino, ibona imipira y’imiterekano 3 yashoboraga kuvamo ibitego ariko Muhire Kevin na Manishimwe Djabel basimburanaga kuyitera ntibabasha kuyinjiza mu izamu.

Ku munota wa 18, Rayon Sports yabonye Penaliti ku ikosa Uwambazimana Leon bakunda kwita Kawunga yakoreye Michel Sarpong wari uherejwe umupira mwiza na Muhire Kevin. Ni Penaliti yinjijwe neza na Bimenyimana Bon Fils Caleb.

Ku munota wa 26 Michel Sarpong yatsindiye Rayon Sports igitego cya 2 ku mupira wari uvuye muri Koloneri yatewe na Manishimwe Djabel, Sarpong bakunda kwita Balotelli atsindisha umutwe.

Ku munota wa 72, Kapiteni wa Sunrise Sova Musa yateye Coup franc neza yinjizwa neza na Gasongo Jean Pierre watsindishije umutwe ari nacyo gitego rukumbi Sunrise FC yabonye muri uyu mukino. Ni igitego Sunrise FC yabonye nyuma yo kotsa igitutu cyinshi Rayon Sports mu gice cya kabiri.

Ku munota wa 65, Mugisha Gilbert yinjiye mu kibuga asimbuye Manishimwe Djabel naho Mutsinzi Ange asimbura Muhire Kevin.

Ku munota wa 87 w’umukino, Bimenyimana Bonfils Caleb yahawe ikarita itukura, nyuma yo gukubita umufana wari winjiye mu kibuga.

Ku munota wa 87, Sunrise FC yatsinze igitego ariko cyangwa n’abasifuzi kuko hari habaye ikosa mbere y’uko gitsindwa. Abafana bamwe ba Sunrise FC bagize ngo ni igitego, umwe ahita yirukira mu kibuga asanganira Caleb asa nushaka kumukubita , Eric Irambona aramufata, undi aramwiyaka, imirwano itangira ubwo. Caleb yahise amukubita umugeri, umufana yikubita hasi , polisi iza kumukura mu kibuga, Caleb ahabwa umutuku.

Ku minota 90 y’umukino hongeweho iminota 5 bituma umutoza Robertinho akuramo Gilbert wari winjiye asimbuye, yinjiza myugariro Habimana Hussein.

11 Sunrise FC yabanje mu kibuga

11 Rayon Sports yabanje mu kibuga:

Abasimbura ba Sunrise FC

Abasimbura ba Rayon Sports

Abatoza ba Rayon Sports

Abatoza ba Sunrise FC

Yannick utaritwaye neza mu mukino Rayon Sports yatsinzwe na Mukura VS 2-1 yari yabanje hanze

Mbere y’umukino, Robertinho yaganirije Djabel wanateye Koloneri yavuyemo igitego cya 2

Baboua Samson utarakinnye uyu mukino ku ruhande rwa Sunrise FC kubera ikarita itukura yabonye mu mukino ikipe ye iheruka gukina

Michel Sarpong witwaye neza muri uyu mukino agatsinda igitego , akanakorerwaho ikosa ryavuyemo Penaliti

Axel Rugangura wa RBA mu kazi , ageza ku baturage uko umukino uri kugenda

Mashami Vincent, umutoza w’ikipe y’igihugu, Amavubi yarebye uyu mukino

Umufana wa Sunrise FC

Rwarutabura

Umupira si intambara...Abafana ba Rayon Sports baganira n’uwa Sunrise FC

Ndayisenga Jean D’Amour wahoze muri Rayon Sports niwo mukino wa mbere yari akinnye ahuye nikipe yahozemo...Ni umwe mu bayizonze muri uyu mukino

Uwambazimana Leon akunda kugora Rayon Sports yigeze gukinira

Caleb Bimenyimana watsinze igitego cya mbere

Bamwe mu bayobozi ba Rayon Sports bari bayiherekeje i Nyagatare: Uhereye i bumoso , Twagirayezu Thadee, ukuriye Komite y’akanama ngengamyitwarire muri Rayon Sports , Muhirwa Freddy , Visi Perezida wa Rayon Sports, Maitre Zitoni, umunyamategeko wa Rayon Sports na Kamayirese Jean D’Amour ushinzwe imyinjirize ku mikino Rayon Sports yakiriye

Mugabo Justin, umujyanama wa Komite ya Rayon Sports mu bijyanye n’itangazamakuru

Ikosa ryavuyemo Penaliti..Uwambajimana Leon bakunda kwita Kawunga niwe wakoreye ikosa kuri Michel Sarpong bakunda kwita Balotelli

Nk’umuntu wakinanye na Caleb, mbere y’uko Penaliti iterwa, Mayor yabanje kugira inama umunyezamu

Uko Penaliti yatewe na Caleb yinjiye mu izamu

Caleb yishimira igitego

Abafana ba Sunrise FC bacitse intege nyuma yo gutsindwa ibitego 2 hakiri kare

Mayor yahanganaga n’abakinnyi bakinanye igihe kirekire

Muhire Kevin mu kazi

Niwo mukino wa mbere Irambona Eric yakinnye nyuma yo kongera amasezerano

Uko igitego cya 2 cya Rayon Sports cyinjiye mu izamu

Sarpong yishimira igitego

Gikundiro Forever bari baherekeje Rayon Sports i Nyagatare

Bamwe mu bagize Vision Fan Club

Felix wo muri FERWAFA (i buryo) ni umwe mu bakurikiranye imigendekere y’uyu mukino

Claude Muhawenimana ukuriye abafana ba Rayon Sports

I Buryo hari King Bernard, umunyamabanga wa Rayon Sports

Niyonzima Olivier Sefu wakinnye neza uyu mukino

Radu ahanganira umupira

Bijya gutangira, mufana niwe wabanje kuza asatira Caleb

Caleb yahise ahabwa ikarita itukura

Abafana bibumbiye muri Gikundiro Forever Group bishimiye cyane iyi ntsinzi

PHOTO:RENZAHO Christophe

Inkuru bijyanye:

Caleb yasobanuye icyamuteye gukubita umufana - AMAFOTO

IZINDI NKURU
Ibitekerezo(3)
  • ######

    Andika ubutumwa nuko umufana ukubita umukinnyi aba akwiye gufungwa nkamezi 6 kuko birakabije.

    - 2/11/2018 - 17:59
  • karenzi

    Kugeza ubu ntakosa mbona Caleb yakoze, nugihe cyose yabanje gukubitwa kumugaragaro. So, uriya mutuku ukwiye kuvaho pe

    - 4/11/2018 - 00:16
  • ######

    ariko rwandamagazine ipfiki namarche generation kombona mudashyiraho amafotoyabo

    - 4/11/2018 - 13:18
Tanga Igitekerezo