Imikino

MU MAFOTO: Musanze FC ikomeje kwitegura Bugesera FC

Ikipe ya Musanze FC ikomeje imyitozo yitegura umunsi wa 16 wa shampiyona izahuramo na Bugesera FC.

Ku wa Kane tariki 3 Gashyantare 2022 nibwo Musanze FC yasubukuye imyitozo yitegura imikino ya ’Phase retour’ ya Shampiyona y’uyu mwaka.

Kuri uyu wa Kane tariki 10 Gashyantare 2022 nibwo Rwandamagazine.com yasuye iyi kipe isanga iyi kipe ikomeje imyiteguro y’uyu mukino w’umunsi wa 16.

Umukino ubanza, Musanze FC yari yatsinze Bugesera FC 3-1. Umukino uzahuza amakipe yombi uteganyijwe tariki 13 Gashyantare 2022 mu Bugesera.

Amran Nshimiyimana umaze iminsi arwaye Malaria ni umwe mubatazakina uyu mukino.

Abakinnyi 4 ba Musanze FC bazaba bahura na Bugesera FC bigeze kunyuramo barimo Niyitegeka Idrissa, Muhire Anicet bita Gasongo, Twagirimana Pacifique na Irokan Ikeckukwu.

Musanze FC yasoje icyiciro kibanza cya Shampiyona iri ku mwanya wa 5 n’amanota 23.

Frank Ouna, umutoza mukuru wa Musanze FC niwe wayoboye iyi myitozo

Obed Harerimana wamaze gusinya muri Musanze FC avuye muri Police FC akomeje imyitozo muri iyi kipe yagarutsemo

Niyitegeka Idrissa, kapiteni wa Musanze FC azaba ahanganye na Bugesera FC yigeze gukinira

Rutahizamu Eric Kanza

Samson Ikeckukwu azaba ahura na Bugesera FC yanyuzemo

Nshimiyimana Maurice bita Maso, umutoza wungirije wa Musanze FC

Nyandwi Idrissa, umutoza wongerera ingufu abakinnyi ba Musanze FC

Twagirimana Pacifique na we ni umwe mu banyuze muri Bugesera FC

Umutoza w’abanyezamu, Gilbert Harerimana

Sembagare Muhoza, Kit Manager wa Musanze FC

Habiyaremye Jean na we ni Kit Manager wa Musanze FC

I bumoso hari Imurora Japhet, Team Manager wa Musanze FC

Nyirikindi Saleh, rutahizamu uca ku ruhande

Muhire Anicet bita Gasongo azaba ahura n’ikipe yavuyemo mbere yo kwerekeza muri Musanze FC

PHOTO:RENZAHO Christophe

TANGA IGITEKEREZO

Ibitekerezo(0)