MU MAFOTO 70, APR FC yasezerewe na Djoliba AC

APR FC yari ihagarariye u Rwanda mu mikino ya CAF Confederation yatsinze Djoliba Athletic Club 2-1 mu mukino wo kwishyura wa wa 1/16 , amakipe yombi anganya 2-2 mu mukino yombi ariko APR FC isezererwa muri iri rushanwa kubera igitego kimwe yatsindiwe mu Rwanda.

Mu mukino ubanza APR FC yari yatsindiwe muri Mali 1-0 na Djoliba FC. Yasabwaga kucyicyura ubundi ikanarenzaho, ikirinda kwinjirizwa igitego cyangwa ibitego ku kibuga cyayo.

Umukino wo kwishyura wabereye kuri Stade Amahoro kuri uyu wa 17 Werurwe 2018 kuri Stade Amahoro guhera saa cyenda n’igice z’umugoroba.

APR FC yatangiye ishakisha igitego ariko itungurwa no kubanzwa igitego na Djoliba AC ku munota wa 10 cyatsinzwe na Siaka Bakayoko ku munota wa 10 gusa w’igice cya mbere. Abafana ba APR FC bari baje ari benshi gushyigikira ikipe yabo babaye nk’abacika intege ndetse barushwa umurindi na bake ba Rayon Sports bari baje gushyigikira Djoliba AC yakinaga n’umukeba wabo.

Abakinnyi ba APR FC bakomeje kwihagararaho binyuza cyane cyane kuri Dijad Bizimana wagaragaje ko ari umukinnyi uri ku rwego rwo hejuru.

Ku munota wa 20 Djihad Bizimana yatsindiye APR FC igitego cyo kwishyura ku ishoti yatereye kure y’izamu gisa neza nicyo yatsinze Anse Reunion bari basezereye mu ijonjora ry’ibanze. Ikipe ya APR FC yabaye nkigaruka mu mukino ariko kubona icya 2 biba ihurizo. Umunyezamu wa Djoliba Adama Keita yakomeje kubera ikibazo gikomeye ba rutahizamu ba APR FC binyuze mu mipira yakuragamo ariko ahanini akanabazonga atinza umukino mu buryo bunyuranye. Iyo ataryamaga, yamaraga umwanya atarasubiza umupira mu kibuga. Yabikoze kuva mu minota ya mbere y’umukino kugeza urangiye. Umusifuzi yakunze kumwihaniza ariko ntibyagira icyo bitanga.

Mu gice cya kabiri APR FC niyo yabanje gukora impinduka . Ku munota wa 48, Nshuti Innoce yasimbuye Nshuti Dominique Savio utigeze agaragara.

Ku munota wa 67, Issa Bigirimana na we yavuyemo aha umwanya Sekamana Maxime asimbura.

Umutoza wa Djoliba AC, Diarra Fenyari, abonye ko ikipe ye itangiye kugarizwa nawe yahise akora impinduka ku munota wa 74 akuramo Naby Soumah asimburwa na Mohammed Cisse.

Gusimbuza kwa APR FC byatanze umusaruro kuko ku munota wa 76 APR FC yabonye icya 2 gitsinzwe na Nshuti Innocent. Hari ku ishoti ryabanje guterwa na Bizimana Djihad, umunyezamu wa Djolina ntiyawufata ngo awukomeze, Nshuti Innocent awusongamo, biba 2-1ari nako umupira warangiye.

APR FC yahise isezererwa muri Total CAF Confederation Cup. Djihad Bizimana ni umwe mu bakinnyi ba APR FC bakoze iyo bwabaga muri iri rushanwa kuko bavuyemo afite ibitego 4 mu mikino 4 APR FC yakinnye harimo 3 yatsinze wenyine Anse Reunion mu mukino ubanza wo mu ijonjora ry’ibanze.

11 APR FC yabanje mu kibuga: Kimenyi Yves, Omborenga Fitina, Imanishimwe Emmanuel, Rugwrio Herve, Buregeya Prince, Mugiraneza Jean Baptiste (Migi), Djihad Bizimana, Issa Bigirimana, Iranzi Jean Claude, Muhadjili Hakizimana, Nshuti Savio Dominique.

11 Djoliba AC yabanje mu kibuga:Adama Keita (16), Siaka Bagayoko (03), Emile Kone (04), Aboulaye Diaby (5), Mamatou Kouyate (8), Umar Kida (9), Mamadou Cisse (12), Seydou Diallo C (14), Naby Soumah (15), Cheick Niang (18), Boubacar Traore (23).

Abatoza ba APR FC

Abasimbura ba APR FC ni uku bari bambaye

Nshuti Innocent (Hejuru) na Sekamana Maximme babanje ku ntebe

Abafana ba APR FC bari bakoze ibishoboka ngo baze kuyitera ingabo mu bitugu

Abafana ba Rayon Sports bari baje gufana Djoliba AC

Umutoza mukuru wa Djoliba ADC , Fanyeri Diarra yari afite imibare myinshi

Rwari urugamba nk’izindi

Muhadjiri yari acungiwe hafi cyane

Nshuti Dominique Savio utigeze yigaragaza muri uyu mukino

Adama , umunyezamu wa Djolina AC yihanangirijwe kenshi n’umusifuzi kubera gutinza umukino kuva mu gice cya mbere kugeza umukino urangiye

Abafana ba APR FC bibumbuye muri Intare Fan Club bari bitwaje imitaka

Rubona (i bumoso) wigeze gutoza APR FC na we yari yaje kureba uyu mukino

Gen. James Kabarebe, Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda ni umwe mu banyacyubahiro barebye uyu mukino

Perezida wa Rayon Sports, Paul Muvunyi (i buryo) na we yarebye uyu mukino

Gen. Nyamvumba , umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda yari ahari

Imipira yo hejuru, Djoliba AC yayumvaga neza cyane

Djoliba AC bishimira igitego batsinze hakiri kare cyane

Djihad Bizimana witanze cyane muri uyu mukino arahanganira umupira

Ibi byo mu kibuga ntibyabura

Icya mbere cya APR FC cyagezemoooo!

Jimmy Mulisa byanze, yishima mu mutwe

Adama Keita wagaragazaje ko azi kohereza neza imipira imbere ikagera neza kuwo ashaka kuwuha

Migi wakiniye inyuma cyane muri uyu mukino

Mangwende ntiyigeze azamuka ngo ahindurire imipira ba rutahizamu nkuko asanzwe abizwiho

Iranzi ahanganiye umupira na Siaka watsindiye Djoliba...niwe mukinnyi wagoye cyane APR FC kuko nta mwanya uhamye yari afite mu kibuga

Uko iminota yicumaga niko Petrovic atumvaga neza uko ikipe ye yananiwe kwinjiza ibitego

Bageze aho bose bajya inama!

Adama Keita yafataga umupira akamara iminota atarawusubiza mu kibuga

Nshuti Innocent yishimira igitego

Rugwiro Herve ahanganira umupira

Diaby yugarira izamu

Mu minota yanyuma, APR FC yashakishije igitego cyari kuyifasha gukomeza ariko biranga

Uku niko ku ntebe y’abasimbura byari byifashe ubwo umusifuzi yarangizaga umupira

Ukuriye abafana ba Djoliba AC yari yishimye cyane nyuma y’uko basezereye APR FC

Ku rundi ruhande , abatoza ba APR FC bari bumiwe

Nubwo bari bamaze gusezererwa, abakinnyi ba APR FC bashimiye abafana bari baje kubashyigikira

Siaka watsinze igitego cyatumye APR FC isezererwa

Bashimira abafana ba Rayon Sports baje kubatera ingabo mu bitugu

Arasenga ashimira Imana

Uyu mufana ni uku yarebaga

Rujugiro ntiyiyumvishaga uko ikipe ye isezerewe yakiniye mu rugo

PHOTO:RENZAHO Christophe

IZINDI NKURU
Ibitekerezo(3)
  • karenzi

    Bibaho, nibahamwe hamwe bategure amarushanwa yumwaka utaha, pole kuri APR FC

    - 18/03/2018 - 00:38
  • MWIZERWA

    Ahahahahaha champion turayisubitse turimo kwitegura DJOLIBA, yewe mwiteguyeneza turabibonye, gusa muransekeje ntimubuzebyose ahahahahahahaha!

    - 18/03/2018 - 06:44
  • HIRWA BAROS IGISUMIZI

    APR YAGERAGEJE ARIKO HARI BYISHI YIGIYEMO BAKOMEZE GUTEGURA

    - 21/03/2018 - 13:23
Tanga Igitekerezo