MU MAFOTO 450: Ibyishimo bisendereye by’Abayovu nyuma yo gutsinda APR FC

Abafana ba Kiyovu Sports baraye mu byishimo bidasanzwe nyuma y’uko itsinze APR FC ibitego 2-1 mu mukino w’Umunsi wa 27 wa Shampiyona wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku wa Gatandatu, zinganya amanota 60 ku mwanya wa mbere n’uwa kabiri.

Amakipe yombi yerekanye umukino ukwiye kuba ari uw’abahatanira Igikombe cy Shampiyona, ariko warebwe n’abafana batari benshi cyane kubera ibiciro bihanitse byari byashyizweho. Itike ya make yari 5000 Frw naho iya menshi ikaba ibihumbi 30 Frw.

Kiyovu Sports yarokowe n’umunyezamu Kimenyi Yves wakuyemo ishoti ryageragejwe na Rwabuhihi Placide ari muri metero nka 25, ashyira umupira muri koruneri.

Uburyo uyu munyezamu yahise aryama hasi, byahaye Kiyovu Sports guhumeka ndetse nyuma y’iminota ine ibona penaliti yinjijwe na Bigirimana Abedi nyuma yo gukinirwa nabi na Nsabimana Aimable ku munota wa 14.

Ubwugarizi bwa APR FC bwarimo Nsabimana Aimable na Buregeya Prince bwakiniraga ku gitutu ariko by’umwihariko Omborenga Fitina wagowe no guhagarika Muhozi Fred.

Muhozi ni we wakoreweho ikosa na Omborenga ku munota wa 28, umusifuzi Ishimwe Jean Claude yerekana ko umupira uterekwa hafi y’urubuga rw’amahina. Emmanuel Okwi yateye uyu mupira uruhukira mu izamu ubwo Ishimwe Jean Pierre wari uhagaze nabi yananirwaga kuwukoraho.

Nyuma y’iminota itanu, nabwo Omborenga yakiniye nabi Muhozi noneho inyuma gato y’urubuga rw’amahina, Mugenzi Cédric ahannye iri kosa umupira ufatwa na Ishimwe Jean Pierre umurusha ingufu, uvuye mu biganza bye widunda hasi aho watewe na Okwi n’umutwe ukubita igiti cy’izamu ujya hanze.

Umupira wa koruneri yatewe na Manishimwe Djabel ku munota wa 57 ni wo wavuyemo igitego cya APR FC cyinjijwe na Omborenga Fitina nyuma y’uko Kimenyi Yves na bagenzi be bananiwe gukiza izamu.

Mugenzi Bienvenu yahushije uburyo bwabazwe ku munota wa 88 ubwo yacengaga umunyezamu Ishimwe Jean Pierre, ariko ananirwa kuwurenza Nsabimana Aimable.

APR FC yasatiriye kandi mu minota ya nyuma ishaka igitego cyo kwishyura ariko ihusha uburyo bwiza kuri Mugisha Bonheur wigaramye umupira ujya ku ruhande.

Gutsinda uyu mukino byatumye Kiyovu Sports igira amanota 60 ku mwanya wa kabiri, izigamye ibitego 22. APR FC ni iya mbere n’amanota 60, izigamye ibitego 23.

Kiyovu Sports isigaje imikino itatu izahuramo na Etoile de l’Est, Espoir FC na Marines FC mu gihe APR FC izahura na Gorilla FC, AS Kigali na Police FC.

Uburyo APR FC yari yateguye ahicara abanyacyubahiro

Abatoza ba Kiyovu Sports binjira mu kibuga

Komiseri n’abasifuzi bayoboye abakinnyi b’impande zombi

Mascott ya APR FC yaje imbere y’abakinnyi bayo

Abakinnyi ba Kiyovu Sports babanje mu kibuga

Abakinnyi ba APR FC babanje mu kibuga

Umusifuzi Ishimwe Jean Claude ’Cucuri’ aganira n’abakapiteni b’amakipe yombi; Manishimwe Djabel wa APR FC na Kimenyi Yves wa Kiyovu Sports

Intebe y’abatoza ba Kiyovu Sports barangajwe imbere na Haringingo Francis (ubanza iburyo)

Abasimbura ba Kiyovu Sports

Abatoza bombi; Erradi Adil Mohammed wa APR FC na Haringingo, basuhuzanya imbere ya Rulisa Patience wari umusifuzi wa kane

Irambona Eric na Ngendahimana Eric babanje ku ntebe y’abasimbura

Kimenyi Yves yakuyemo umupira ukomeye watewe na Rwabuhihi mu minota ya mbere

Kimenyi Yves yaryamye hasi mu rwego rwo kugabanya igitutu cya APR FC

Umunyezamu Ishimwe Jean Pierre wa APR FC mu izamu, mbere y’uko Kiyovu Sports itera penaliti

Bigirimana Abedi yateye umupira, Ishimwe awubona ujya mu izamu

Byari ibyishimo kuri Kimenyi ubwo Kiyovu Sports yafunguraga amazamu

Bigirimana Abedi na bagenzi be bishimira igitego cya mbere

Byari ibyishimo bidasanzwe ku bafana ba Kiyovu Sports

Abafana ba APR FC batangiye kwifata mapfubyi hakiri kare

Mugisha Gilbert afunga umupira

Ndayishimiye Thierry atera umupira ubwo yari asatiriwe na Bizimana Yannick

Umutoza wa APR FC, Adil Mohammed, areba uko ikipe ye ikina mu gice cya mbere

Nsabimana Aimable akura umupira kuri Mugenzi Cedric

Serumogo Ally agerageza gucenga Niyomugabo Claude

Manishimwe Djabel ashoreye umupira

Ruboneka Bosco na Benedata Janvier bari bahanganye mu kibuga hagati

Abasimbura ba APR FC bareba uko bagenzi babo bari gukina

Abakinnyi ba Kiyovu Sports bishimira igitego cya kabiri cyatsinzwe na Okwi

APR FC yishyuriwe igitego kimwe na Omborenga Fitina mu gice cya kabiri

Umutoza Adil ahabwa amabwiriza akurikiza na Rulisa Patience

Adil yahawe ikarita y’umuhondo na Ishimwe Jean Claude

Perezida wa FERWAFA, Nizeyimana Olivier, ni umwe mu barebye uyu mukino

Umuvugizi wungirijewa Guverinoma, Mukurarinda Alain

Chairman wa APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga

Makuza Bernard wabaye Minisitiri w’Intebe, yarebye uyu mukino yicaranye na Muvukiyehe Juvenal uyobora Kiyovu Sports

Abatoza b’Amavubi barebye uyu mukino

Bamwe mu bahoze bayobora Rayon Sports bitabiriye uyu mukino

KNC uyobora Gasogi United

Munyakazi Sadate na Muhirwa Prosper babaye mu buyobozi bwa Rayon Sports

Abraham Kelly (iburyo) na Rutagambwa Martin na bo babaye mu buyobozi bwa Rayon Sports

Team Manager wa APR FC Lt Colonel Guillaume Rutayisire areba uko ikipe yitwara

Inkuru bifitanye isano: Kiyovu Sports yatsinze APR FC zinganya amanota mu rugamba rw’Igikombe cya Shampiyona (Amafoto)

Amafoto: Renzaho Christophe

IZINDI NKURU
Ibitekerezo(0)
Tanga Igitekerezo