MU MAFOTO 100, i Nyanza, Rayon Sports yakirijwe amashyi y’urufaya nyuma y’imyaka 5 itahagera

Ikipe ya Rayon Sports yakirijwe amashyi y’urufaya n’abafana bayo i Nyanza aho ikomoka bongeye kuyibona imbonankubone nyuma y’imyaka hafi 5 bari bamaze batayibona ikinira imbere yabo.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Gashyantare 2019 nibwo Rayon Sports yasubiye i Nyanza gukinirayo umukino wa gishuti na AS Muhanga mu rwego rw’ubukangurambaga bwo kurwanya inda ziterwa abangavu. Ni ubukangurambaga bwateguwe ku bufatanye bw’Akarere ka Nyanza na FXB Rwanda, umuryango utegamiye kuri Leta wita ku bafite ibibazo byihariye.

Abafana ba Rayon Sports i Nyanza wabonaga banyotewe no kongera kubona ikipe yabo yaherukaga muri aka Karere muri ’Saison ya 2014/2015 . Uwo mwaka nibwo yahise isubira kuba mu Mujyi wa Kigali nyuma y’uko yari yasubiye kuba i Nyanza tariki ya 18 Nzeri 2012.

Bamwe mu bafana bagiye kuyitegera aho bita mu Butansinda wa Kigoma, ihageze barayiherekeza bayigeza kuri Stade ya Nyanza ahabereye uyu mukino. Ubwo Rayon Sports yari igeze mu Mujyi wa Nyanza , abantu benshi bavuye mu mirimo yabo, baza kwihera ijisho ikipe bihebeye ari nako abenshi bari bayitegereje kuri Stade.

Manzi Thierry, Irambona Eric, Manishimwe Djabel, Bashunga Abouba na Niyonzima Olivier Sefu nibo bakinnyi bari mu ikipe yabaye i Nyanza bakiri muri Rayon Sports. Djamal Mwiseneza we yaherukaga i Nyanza ari umukinnyi wa Rayon Sports ariko we yahagarutse nk’umutoza. Nkubana Adrien, Team Manager wa Rayon Sports ndetse na Mugemana Charles , umuganga mukuru wa Rayon Sports ni bamwe nabo mu bari mu ikipe yabaye i Nyanza nanubu bakaba bakiyirimo.

Minisitiri w’Urubyiruko Rosemary Mbabazi, Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Gasana Emmanuel, Umuyobozi wa FXB na Mayor w’Akarere ka Nyanza Ntazinda Erasme ni bamwe mu banyacyubahiro barebye uyu mukino.

Mu butumwa bwo gutangiza uyu mukino, Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza ndetse n’umuyobozi mukuru wa FXB Rwanda bagarutse ku kubungabunga ubuzima bw’abangavu ndetse banashishikariza abana b’abakobwa gukomera ku kuvuga OYA k’uwariwe wese washaka kubashora mu busambanyi.

Umukino warangiye Rayon Sports itsinze 2-0. Yatsindiwe na Jules Ulimwengu wakinaga umukino we wa mbere muri Rayon Sports iheruka kumugura muri Sunrise FC ndetse na Rafael Da Silva watsindaga igitego cye cya mbere muri iyi kipe amazemo amezi 3.

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Gasana Emmanuel yasabye buri muntu gutekereza ku ruhare rwe mu kurwanya ihohoterwa rikorerwa abangavu.

Yagize ati " Dutekereze ku ruhare rwacu nk’abanyarwanda, ababyeyi, abavandimwe b’aba bangavu. Gufata ku ngufu ni icyaha gihanwa n’amategeko. Dukwiye kwigisha, guhugura ndetse no guhora dukangurira abana bacu kugira intego kandi bakaziharanira. Uwo icyo cyaha gihamye ahanishwa gufungwa imyaka 25."

Mu ijambo yavugiye muri ubu bukangurambaga, Minisitiri w’Urubyiruko Rosemary Mbabazi, ari na we wari umushyitsi mukuru, yagize ati " Mu Rwanda buri mwaka abakobwa ibihumbi 20 bafite hagati y’imyaka 15 na 19 baterwa inda.
Ubu ni ubuzima bw’abana bacu buba bushyizwe mu kaga. Niyo mpamvu tugomba gukomeza ingamba zirimo no gutanga ubutumwa nk’ubu kugirango tubone impinduka.
"

Minisitiri Mbabazi yasabye buri wese kumva ko ari ikibazo cye maze abasaba kurangwa n’indangagaciro nzima, ashimira abafatanyabikorwa bose anasaba ko iyi gahunda yakomeza.Yasabye kandi amadini n’amatorero n’abandi bantu bose gukomeza uru rugamba bafatanya n’ubuyobozi.

Rayon Sports na AS Muhanga ziritegura imikino ya shampiyona yo kwishyura izatangira guhera kuwa Mbere. Mu mukino wahuje amakipe yombi mu mikino ibanza ya shamppiyona, Rayon Sports yatsindiye AS Muhanga igitego 1-0 kuri Stade ya Kigali.

Umukino urangiye, amakipe yombi yashyikirijwe ibihembo nk’urwibutso ko bitabiriye ubukangurambaga bwo kurwanya inda zitateguwe mu bana bakiri bato.

Abafana baherekeje Rayon Sports kuva mu Butansinda wa Kigoma kugeza mu Mujyi wa Nyanza

Abana bavuye mu ishuri baje kureba Rayon Sports

Rayon Sports igeze mu Mujyi wa Nyanza, abantu bavuye mu kazi baza kuyireba

Idrissa wigeze kunyura muri Rayon Sports , ubu ni umukinnyi mu kibuga hagati muri AS Muhanga

Habimana Yussuf ( i buryo) wahoze muri Rayon Sports umwaka ushize yongeraga guhura n’ikipe yahozemo

Manzi Thierry, Manishimwe Djabel, Bashunga Abouba na Niyonzima Olivier Sefu nibo bakinnyi basigaye muri Rayon Sports babaye i Nyanza

Bashunga Abouba ugiye gutangira kugaruka mu kibuga muri ’ Phase retour’ ya Shampiyona

Kassim Ndayisenga yishyushya

Mazimpaka Andre yishyushya

Nkubana Adrien, team Manager wa Rayon Sports yari yagarutse i Nyanza aho yabanye nayo muri 2012 kugeza isubiye mu Mujyi wa Kigali

Abafana bishimiye kongera kubona Rayon Sports kuri iki kibuga cy’i Nyanza

Byari ibyishimo ku ngeri zose

AS Muhanga nayo yari ifite abafana

Abasimbura ba Rayon Sports

Djamal Mwiseneza (i buryo) yaherukaga i Nyanza akiri umukinnyi wa Rayon Sports none yahagarutse ari umutoza

Nkubana Adrien na Mugemana Charles nabo ni bamwe mu babanye na Rayon Sports i Nyanza

Niwo mukibo wa mbere Robertinho yari atoje nyuma yo kuva mu kiruhuko

Mbarushimana Abdu (i buryo), umutoza mukura wa AS Muhanga yashakaga gutsinda Rayon Sports yamutsinze 1-0 mu mikino ibanza ya Shampiyona

Abasimbura ba AS Muhanga

Shyaka Augustin, murumuna wa Rusheshangoga Michel na we akina muri AS Muhanga

Kwirinda inda ziterwa abangavu n’ihohoterwa ribakorerwa nibwo bukangurambaga bwakorwaga

Abayobozi basuhuza amakipe yombi

Nkusi Arthur niwe wari MC

Abakapiteni babanje gusoma ubutumwa bugendanye n’ubu bukangurambaga

Eric Irambona utarakira neza imvune yarebeye uyu mukino mu bafana

Muhirwa Frederic bakunda kwita Maitre Freddy, Visi Perezida wa Rayon Sports

Minisitiri w’urubyiruko na Mayor wa Nyanza

Ntazinda Erasme, Mayor w’Akarere ka Nyanza yabanje gutanga ikaze kubitabiriye ubu bukangurambaga

Gasana Emmanuel, guverineri w’Intara y’Amajyepfo

Umuyobozi wa FXB yafatanyije n’Akerere ka Nyanza gutegura ubu bukangurambaga

Aba Hooligans ba Rayon Sports babanje gusuhuza Robertinho uvuye mu biruhuko

11 Rayon Sports yabanje mu kibuga

11 AS Muhanga yabanje mu kibuga

Abakapiteni

Nubwo wari umukino wa gishuti, harimo ingufu

Ulimwengu Jules ajya gutsinda igitego cye cya mbere

Ulimwengu Jules wigaragaje cyane muri uyu mukino

Rafael Da Silva yakinnye neza, akorerwaho Penaliti arayihusha anatsinda igitego

Uko igitego cya Rafael cyinjiye mu izamu

Igitego cya kabiri cya Rafael Da Silva, ari nacyo cya mbere cye atsinze muri Rayon Sports cyashimishije cyane abakinnyi bagenzi be ndetse n’abafana

Muhawenimana Claude ukuriye abafana ba Rayon Sports

Mutsinzi Ange yinjiye asimbuye Bukuru Christophe

Manzi Thierry vs Bizimana Yannick

Umukino urangiye, bacinye akadiho

Itangishaka King Bernard, umunyamabanga wa Rayon Sports yifotozanya n’abana bakiri bato ba Rayon Sports babarizwa i Nyanza

AS Muhanga yashimiwe kwitabira ubu bukangurambaga

Rayon Sports nayo yashimiwe

PHOTO:RENZAHO Christophe

IZINDI NKURU
Ibitekerezo(3)
  • karenzi

    Genda rayon sports utanga ibyishimo. Kunda cyane kandi uzahore utsinda

    - 16/02/2019 - 14:05
  • ######

    Sha Rayon Iranze Ibaye Ubukombe,nuwashaka Wese Yakunda Rayon

    - 16/02/2019 - 17:32
  • Twin Yeah

    Ikipe ni Rayon Sports! Nkunda na politique nshya yayo yo gushakira abakinnyi bayo international professionalism! Mukore cyane basore! Tubari inyuma!

    - 16/02/2019 - 20:36
Tanga Igitekerezo