Gasogi United yasezereye Sunrise FC, KNC araririmbwa [AMAFOTO 150]

Igitego cyo mu minota ya nyuma cyaraye gifashije Gasogi United gusezerera Sunrise FC muri 1/8 cy’Igikombe, abafana bari baherekeje iyi kipe i Nyagatare baririmba umuyobozi wayo, Kakoza Nkuriza Charles (KNC).

Gasogi United yari yanganyirije i Kigali igitego 1-1 mu mukino ubanza wabaye mu ntangiriro z’uyu mwaka, yasabwaga gutsindira i Nyagatare kugira ngo yizere gukomeza mu Gikombe cy’Amahoro.

Muri uyu mukino wabaye ku wa Kabiri, igitego cyinjijwe na Malipangou Théodore Christian ku munota wa 86, ni cyo cyatandukanyije impande zombi.

Abafana barimo Malayika, Wanyanza na Feza bazwi muri Rayon Sports bari baherekeje Gasogi United, bashimiye Umuyobozi wayo, KNC, nyuma yo kubona intsinzi. Baririmbye bagira bati “Mugongo wahetse KNC karambe.”

KNC yavuze ko Sunrise FC batsinze ari ikipe nziza ariko yagowe no gukina n’ikipe iyiruta, ashimangira ko bashaka kugera kure mu Gikombe cy’Amahoro.

Ati “Turashaka kuva aho turi muri Shampiyona kuko ntabwo ari heza, ariko tukanashaka no kugera kure mu Gikombe cy’Amahoro, ni yo mpamvu dutsinze Sunrise FC. Si uko ari ikipe mbi ahubwo ni uko dufite intego nyinshi kuyirenza.”

Yongeyeho ko yari yaraburiye Sunrise FC ko itazamusezerera. Ati “Ariko nari narabibabwiye, nabonye bava i Kigali bishimye ngo banganyije, ndabaseka ndavuga nti iyi ni ikipe yacu nk’uko tugendana Kiyovu mu mufuka, na Sunrise tuyigendana muri gakapu ko mu ntoki kacu.”

Abajijwe niba bafite intego yo kwegukana Igikombe cy’Amahoro nyuma yo kugera muri ¼, KNC yavuze ko biteguye kubabaza AS Kigali nibaramuka bahuye.

Ati “Ahubwo dufite intego yo kubabaza AS Kigali kuko ni yo kipe iri munsi ya Sunrise. Tugomba kuyishwanyaguza byuzuye kandi tuzabikora. Intego yacu ni ukuba mu makipe ane ya mbere, tugomba gutsinda imikino itanu ya Shampiyona no kugera kure hashoboka mu Gikombe cy’Amahoro.”

Muri ¼, Gasogi United izahura n’ikipe ikomeza hagati ya AS Kigali na Etincelles FC.

Habanje gufatwa umunota wo kwibuka Abatutsi bazize Jenoside mu 1994

Abakapiteni b’amakipe yombi; Uwambazimana Leon ’Kawunga’ na Cuzuzo Gael bifotozanya n’abasifuzi bayobowe ba Rulisa Patience

Abakinnyi ba Sunrise FC babanje mu kibuga

Abakinnyi ba Gasogi United babanje mu kibuga

Intebe y’abatoza ba Gasogi United

Abasimbura ba Sunrise FC

Abakinnyi babanje ku ntebe ku ruhande rwa Gasogi United

Bamwe mu bakunzi ba Gasogi United [Hommes integres] bari bayiherekeje i Nyagatare

Malayika ufana Rayon Sports (hagati) na we yari yerekeje i Nyagatare

Umuyobozi wa Gasogi United, KNC (hagati) ategereje ko ikipe itsinda

Malipangou yahagurukije abafana ba Gasogi United bari i Nyagatare

KNC yashimiye abakinnyi uko bitwaye

Malipangou akomeje kwigaragaza atsindira Gasogi United

Byari ibyishimo i Nyagatare

Malipangou ateruwe na Wanyanza usanzwe ufana Rayon Sports

KNC akomeza Seninga Innocent utoza Sunrise FC

Mbarushimana Shabani utoza Gasogi United ashimira Imana nyuma yo gusezerera Sunrise FC mu Gikombe cy’Amahoro

KNC na Les Les Hommes Intègre bakomera ikipe amashyi

Amafoto: Renzaho Christophe

IZINDI NKURU
Ibitekerezo(0)
Tanga Igitekerezo