Ismaila Diarra na Nova Bayama bakorewe ’Surprise’ n’abafana bo muri March Generation babifuriza isabukuru nziza y’amavuko ndetse banagenera abakinnyi ba Rayon Sports amata nyuma y’imyitozo.
Hari nyuma y’imyitozo yo kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Mutarama 2018. Diarra yifurijwe isabukuru y’amavuko yizihije uyu munsi naho Nova Bayama we isabukuru ye yari mu kwezi gushize ariko abafana bo muri March Generation bahitamo kubihuza niya Diarra.
Ubwo abakinnyi ba Rayon Sports bari barangije imyitozo, abafana bo muri March Generation bagiye mu kibuga, batungura Diarra bamumenaho amazi. Mu gihe bakimumenaho amazi, Nova Bayama na we yagiye kubona abona baramusatiriye batangira kuyamumenaho.
Mike Runigababisha ukuriye March Generation yatangarije Rwandamagazine.com ko basanzwe babikora kugira ngo bereke abakinnyi ko bakina mu ikipe ifite abafana babazirikana iteka.
Ati " Dusanzwe tubikora, ngo twereke abakinnyi ko tubitaho, tubereka ko bakina mu ikipe ibubaha, ikanabaha agaciro… Ni mu rwego rwo kubereka ko abafana babakunze kandi babishimiye…hari abo imiryango yabo iba iri kure yabo, tukayihabera…"
Bakoranye imyitozo n’abandi bataramenya ko bari bukorerwe ’Surprise’
Nova Bayama mu myitozo
Diarra yari ataramenya ko bari bumeneho amazi, bakamuha na Cake
Cake yari yateguriwe Diarra
Bari bateguriye amata abakinnyi bose ba Rayon Sports
Byatangiye Diarra bamumenaho amazi
...hashize akanya na Nova baba bayamumisheho
Diarra akata umutsima
Uku niko Diarra yasaga nyuma yo kumusiga umutsima
Diarra ahereza Rwarutabura umutsima ngo basangire umunsi mukuru
Nova Bayama bamusiga umutsima
Nova akata umutsima
Byari ubusabane , buri wese yafatagaho
Shasir atamira kuri ’Cake’
Murumuna wa Rutanga ati ’Amata na Cake birajyana!’
Christ Mbondi, rutahizamu mushya muri Rayon Sports na we yifatanyije na Nova Bayama
Diarra yishimiye cyane Surprise yakorewe n’abafana
Diarra asangira umutsima na Master
Nova na Diarra batunguriwe umunsi umwe
Bafata ifoto y’urwibutso
Photo:RENZAHO Christophe