Nyuma y’uko Munyakazi Sadate yari yasubije Rutanga Eric ku ibaruwa yanditse avugira abakinnyi bagenzi be ku ihagarikwa ry’imishahara muri iki gihe cy’icyorezo cya Covid-19, kuri ubu Rutanga Eric, Kapiteni wa Rayon Sports na we yamaze gusubiza Perezida wa Rayon Sports, Munyakazi Sadate.
- Gushimira ko ubuyobozi bwumvise ibibazo byabo
– Hari ibibazo bitasubijwe bishobora kuzabangamira umusaruro bazaba bategereje ku bakinnyi
– Buri mukinnyi akwiriye kujya yandikirwa ibaruwa ku giti cye ijyanye n’amasezerano y’umurimo aho kuyandika muri rusange
– ’Nimutwegera, abakinnyi nabo bazabwira icyo bumva nabo bakwihara muri iki gihe’
– Nimutwegera, abakinnyi nabo bazabwira icyo bumva nabo bakwigomwa muri iki gihe
– Nkuko mwagaye abajyana ibibazo ahatari ngombwa ndetse n’abajyana ibyo twandikiranye aho bitagenewe....mureke tubanenge ko mwaragaragaje kwihutira gushyira ku mbuga nkoranyambaga cyangwa mu itangazamakuru ibibazo bitureba hamwe na hamwe bitaranatugeraho mbere y’uko natwe tubigiraho uruhare