Amavubi U-20 yasezereye Kenya - AMAFOTO

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20 yasezereye iya Kenya mu mukino wo kwsihyura wabereye kuri Stade ya Kigali I Nyamirambo.

Mu mukino ubanza wabereye Machakos muri Kenya, amakipe yombi yari yanganyije igitego1-1. Umukino wo kwishyura warangiye Amavubi y’u Rwanda anganyije n’ikipe y’abatarengeje imyaka 20 ya Kenya (Kenya Risingi Stars) 0-0.

Nyuma yo kunganya uyu mukino, igitego Amavubi yatsindiye cyatsinzwe na Byiringiro Lague hanze cyatumye u Rwanda ruhita rukomeza mu kindi cyiciro, bazakazahura na Zambia yegukanye iki gikombe umwaka ushize. Izatsinda ikazahita ibona itike y’igikombe cy’Afurika cy’abatarengeje imyaka 20 kizabera muri Niger umwaka utaha.

Abakinnyi babanje mu kibuga

Rwanda: Ntwari Fiacre, Buregeya Prince, Saleh, Mugisha Christian, Janvier Bonane, Sindambiwe Protais, Cyitegetse Bogarde, Nshimiyimana Marc Govin, Aime Placide Uwineza, Byiringiro Lague na Mugisha Christian.

Kenya: Mwale, Bwire, Mainge, Teka, Origa, Wasambo, Mwangi, Opiyo, Otieno, Ochieng, Lokale.

Abakinnyi b’Amavubi bakoze iyo bwabaga

Byiringiro Lague watsinze igitego mu mukino ubanza cyahesheje u Rwanda gukomeza

Gikundiro Forever yafannye byihariye Amavubi U-20

Abagize Zone 1 ifana APR FC nabo bari baje gushyigikira Amavubi

Perezida wa Sena, Makuza Bernard na Minisitiri w’ingabo Gen. James Kabarebe ni bamwe mu banyacyubahiro barebye uyu mukino

Brig. Gen. Sekamana Jean Damascene , Perezida wa FERWAFA ni umwe mu barebye uyu mukino

Nshimiyimana Alexis (i bumoso) ushinzwe iterambere ry’umupira w’amaguru muri FERWAFA...Uwo bicaranye ni Mukangoboka Christine ushinzwe iterambere ry’umupira w’abagore muri FERWAFA

IP Ntakirutimana Diane (I bumoso) ushinzwe umutekano wo ku bibuga muri FERWAFA

Uwamahoro Latifah wahoze ari Umunyamabanga wa FERWAFA yari yaje kureba uyu mukino

Umunyamabanga wa FERWAFA uheruka kwegura na we yari ahari

Nzamwita Vincent de Gaulle wahoze ayobora FERWAFA yarebye uyu mukino

Muhire Jean Paul, umubitsi wa Rayon Sports

Petrovic, umutoza mukuru wa APR FC

Niyobuhungiro Fidele , umunyamabanga wa Mukura VS

Lague mu kirere

Uko umukino wakomezaga, abakinnyi b’abasimbura ba Kenya barushagaho kwiheba

....ku ruhande rw’abafana b’Amavubi bo bamwenyuraga

Rujugiro (i bumoso), umufana ukomeye wa APR FC yari yaje yambaye imyenda yo gushyigikira Amavubi

Abakinnyi b’Amavubi bishimira gukomeza

Bamwe baba bishimye, abandi bababaye

Photo:RENZAHO Christophe

IZINDI NKURU
Ibitekerezo(0)
Tanga Igitekerezo