AMAFOTO 80 utabonye agaragaza uko umukino wa Bugesera FC na Rayon Sports wagenze

Mu mukino w’ikirarane wahuje Bugesera FC na Rayon Sports, Tidiane Kone, rutahizamu wa Rayon Sports yatsindiye iyi kipe y’ubururu n’umweru igitego rukumbi cyabonetse muri uyu mukino, Rayon Sports ihita ikomeza kuyobora urutonde, yongera amahirwe yo gutwara igikombe cya shampiyona.

Ni umwe mu mikino y’ibirarane Rayon Sports itakinnye iri mu marushanwa ry CAF Confederation Cup, aho ihagarariye u Rwanda. Ni umukino wakinywe kuri uyu wa gatatu tariki 22 Werurwe 2017, ubera ku kibuga cya Bugesera FC.

Amakipe yombi yatangiye yigana, umupira bawukinira hagati mu kibuga, amakipe yombi agakunda gukina imipira yo hejuru. Kubera ububi bw’ikibuga cya Bugesera, byari bigoye ko hari ikipe ibasha guhererekanya umupira inshuro 3.

Igice cya mbere kigitangira, Rwatubyaye Abdoul yavunitse( ku munota wa 25), asimburwa na Tidiane Kone wari wabanje hanze. Umutoza Masoudi Djuma yari yicae mu bafana kubera ko ari mu bihano kubw’ ikarita itukura yahawe ku mukino wahuje Rayon Sports na Gicumbi FC . Nshimiyimana Maurice, umutoza wungirije niwe watoje uyu mukino. Igice cya mbere cyarangiye ari 0-0.

Mu gice cya kabiri Rayon Sports yabaye nk’ihindura, Mutsinze Ange ava inyuma , ajya gukinira hagati , Manzi Thierry ajya ku ruhande rw’iburyo, ibintu byatanze umusaruro bituma ku munota wa 65, Tidiane Kone atsinda igitego rukumbi cyabonetse muri uyu mukino.

Gutsinda Bugesera FC byatumye Rayon Sports ikomeza kuyobora urutonde n’amanota 46, APR FC ikayikurikira n’amanota 45.

MU MAFOTO, UKU NIKO UMUKINO WAGENZE

Aho Rayon Sports yakiniye, Skol iba yahazanye umuziki.... n’inzoga

Abakinnyi ba Rayon Sports bishyuhya mbere y’umukino

Abakinnyi ba Bugesera FC nabo bari baje biteguye kwitwara neza

Bikorimana wahoze ari nyezamu wa Rayon Sports asigaye akina muri Bugesera FC

Rwatubyaye Abdoul wavunikiye muri uyu mukino, yari yabanje kwitozanya n’abandi nkuko bisanzwe

Axel Rugangura yari yitwaje ingofero n’amadarubindi bimurinda izuba kugira ngo abone uko ageza uyu mukino mu buryo bwa ’Live’ ku bakunzi b’umupira abinyujije kuri Radio Rwanda akorera

Uyu we yahisemo kuzana agacuma ku kibuga ngo akore itandukaniro hagat ye n’abandi bafana ba Rayon Sports

Umufana wa Rayon Sports n’uwa Bugesera FC bitegura kwinjira ku kibuga ngo bajye gutiza umurindi amakipe yabo

’Wa munyamakuru we, ibi nabyo uzabivuge, ...ibi si ibintu by’i Rwanda, gufana si uguhangana kugeza ubwo ukomeretsa mugenzi wawe’

Bageze aho baramupfuka

Umufana wa Bugesera FC wakomerekeje uwa Rayon Sports afatwa na Polisi

Abafana ba Rayon Sports bari babukereye

Rwarutabura ashyushya abafana

Ikibuga cya Bugesera

Abafana bari benshi ku kibuga cya Bugesera

Ubushyamirane mu bafana mbere y’umukino, bwatumye umufana wa Rayon Sports witwa Claude ahakomerekera

Umutoza Mashami Vincent aha amabwiriza abakinnyi be mbere gato y’uko umukino utangira

Maurice, umutoza wungirije na we abwira abasore be uko bagomba kwitwara

Ku kibuga cya Bugesera , iyo abafana babishatse baba baganira n’abakinnyi mbere y’uko binjira mu kibuga

Masoudi Djuma wari mu bihano yareberaga umupira mu bafana

Mambo wahoze muri Rayon Sports yari ahanganye n’ikipe yahozemo

Manishimwe Djabel wa Rayon Sports yari yagowe n’ikibuga cyo mu Bugesera

Camara ahanganiye umupira na Gasongo wa Bugesera FC

Bose umupira niwo baba bahanze amaso

Ruhinda Faruku agerageza kwaka umupira Nova Bayama wa Rayon Sports

Wari umukino ukomeye ku buryo abanyamakuru bari bakoze ku bikoresho bikomeye byabafasha gucyura ifoto nziza

Abafana bibumbiye muri Gikundiro Forever baherekeza Rayon Sports aho igiye hose

Umutoza w’Amavubi Antoine Hey na we yari yaje kuwureba

Gacinya Dennis(wambaye ishati y’umweru, Perezida wa Rayon Sports yari yaherekeje iyi kipe mu Bugesera

Wari umukino utoroshye ku mpande zombi

Gasongo wa Bugesera FC hagati mu kibuga

Akenshi Polisi niyo yazaga guhosha amakimbirane mu bafana

Abakobwa n’abagore, bakunda kwitabira cyane kureba umupira w’amaguru

Mu bafana ba Rayon naho abakobwa baba barimo

Pierrot ahanganiye umupira na Kapiteni wa Bugesera FC


Uyu we yahisemo kujya ahirengeye ngo hatagira ikimucika

Mutsinzi Ange usanzwe ukina inyuma, byageze aho akinishwa hagati mu kibuga

Mambo atangira Camara

Abafana bahanze amaso abakinnyi uburyo bahanganira umupira

Ku ruhande rw’inyuma , Munezero Fiston wa Rayon Sports yari ahahagaze neza

Ububi bw’ikibuga bwatumaga abakinnyi bavunika by ahato na hato...uyu mukinnyi wa Bugesera yavunitse ubwo yari atsikiye ntawe umukozeho

Mu kibuga ibi byo ntibijya bibura...Pierrot aratembagara hasi

Tidiane Kone(wa kabiri i bumoso) na Nshuti Savio bakurikiranye, bari babanje ku ntebe y’abasimbura

Rwatubyaye avunika ku nshuro ya mbere

Rwatubyaye avanwa mu kibuga

Kone yishyushya ngo ajye mu kibuga

Tidiane Kone asimbura Rwatubyaye Abdoul

Abafana bamwe ba Rayon Sports baba bitwaje umuriro

Inshuro nyinshi, umupira wakinirwaga hejuru

Umutoza wungirije na Lomami ushinzwe gufasha abakinnyi kongera imbaraga, nibo bari bari gufatanya gutoza

Yanze ko umukino nkuyu azabura uko awubarira abataje, ahitamo kuwubika muri telfone ye

Tidiane Kone ku mupira

Bakurikiye umupira

Bugesera mu gihe cy’akaruhuko...urwambariro ku kibuga cya Bugesera FC ni mu Kibuga hagati

Savio arekura ishoti rikomeye

Ishoti nkiri riremereye niryo Kone yateye mu izamu rya Bugesera fc rivamo igitego

Ni uku byari byifashe igitego kikimara kujyamo

Tidiane Kone yishimana n’abafana nyuma yo gutsinda igitego

Nubwo yatsinzwe igitego ariko nyezamu wa Bugesera FC yari yitwaye neza muri uyu mukino...aha amaze kugwira ishoti riremereye yari atewe na Nova Bayama

Bakame na we yakuyemo ibitego 2 byabazwe

Nyuma y’umukino, ibyishimo byari bike mu maso ya Mashami Vincent utoza Bugesera FC

Abafana bari buzuye kuri Bakame, biba ngombwa ko abahuliga ’Nkundamatch’ na Rwarutabura bamurindira umutekano, banamukura mu bafana

Kari agahinda ku bafana ba Bugesera FC nyuma y’umukino

Ku rundi Ruhande Rwarutabura we yapfukamye ashimira Imana itumye ikipe ye itsinda, igakura amanota 3 kuri Bugesera FC imaze gutsindirwa 2 gusa ku kibuga cyayo

Inkuru bijyanye:

Nyamata: Uko byifashe mbere y’umukino uhuza Bugesera FC na Rayon Sports

Tidiane yafashije Rayon Sports gusatira igikombe- AMAFOTO

PHOTO:RENZAHO CHRISTOPHE/Rwandamagazine.com

IZINDI NKURU
Ibitekerezo(2)
  • Rugamba

    Ndangirango mbashimire uburyo mutugezaho uko umukino wajyenze mu mafoto bituma abatari bahari bamera nkaho bahageze kuko evenement zose muba mwakikurikiranye ,kugeza no ku ishoti ryavuyemo igitego!Mukomereze aho muri aba mbere kabisa.....Inkuru ya Sugira noyo muyitugezeho

    - 24/03/2017 - 13:03
  • Rugamba

    Ndangirango mbashimire uburyo mutugezaho uko umukino wajyenze mu mafoto bituma abatari bahari bamera nkaho bahageze kuko evenement zose muba mwakikurikiranye ,kugeza no ku ishoti ryavuyemo igitego!Mukomereze aho muri aba mbere kabisa.....Inkuru ya Sugira noyo muyitugezeho

    - 24/03/2017 - 13:03
Tanga Igitekerezo